Perezida Évariste Ndayishimiye Asaba Abarundi Kumusengera Mbere y’Amatora ya 2027
Mu kiganiro yagiranye n’abaturage tariki ya 26/12/2025, mu ntara ya Muramvya, Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yagarutse ku ngingo zitandukanye zireba politiki y’igihugu, amatora ateganyijwe mu 2027, ndetse n’umubano uri hagati y’ubuyobozi bwa Leta na sosiyete sivile.
Mbere yo gusubiza ibibazo byabajijwe, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko atari busubize ibibazo byatanzwe na Gabriel Rufyiri, uhagarariye ishirahamwe OLUCOME, asobanura ko impamvu ari uko basanzwe baziranye. Ibi yabivuze mu gihe yari yamubajije ku bijyanye n’ubukene buri mu gihugu.
Asubiza ikibazo cy’umuturage wamubajije niba azongera kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ya 2027 n’uko abona uko azagenda, Perezida Ndayishimiye yasabye abaturage kumubanziriza amasengesho, agaragaza ko ari byo by’ingenzi kuri we muri iki gihe. Ntiyigeze atangaza ku mugaragaro niba azongera kwiyamamaza, ariko yashimiye abaturage ku bw’icyizere n’ubufatanye bakomeje kumugaragariza.
Yakomeje ashimangira ko abanyamuryango n’abashyigikiye ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, bazatora umukandida uzagenwa n’inzego zaryo zibifitiye ububasha. Yibukije ko gutoranya umukandida w’Umukuru w’Igihugu ari icyemezo gifatwa n’ishyaka binyuze mu nzego zaryo, atari icy’umuntu ku giti cye.
Ku kibazo cy’undi muturage wamubajije impamvu akunze kuvuga ko abangamiwe n’abantu ku giti cyabo atabavuze mu mazina, mu rwego rwo guteza imbere imiyoborere ishingiye ku mucyo, Perezida Ndayishimiye ntiyatanze ibisobanuro birambuye. Ahubwo, yasabye Abarundi bose gukomeza gusengera we n’igihugu muri rusange, agaragaza ko amasengesho ari ingenzi mu gutegura amatora azaba mu mutekano no mu bwisanzure.
Mu gusoza ijambo rye, Perezida Évariste Ndayishimiye yashimangiye ko ubumwe, isengesho n’ubwumvikane ari inkingi z’ingenzi zizatuma u Burundi bukomeza inzira y’amahoro n’iterambere, cyane cyane mu gihe igihugu cyitegura amatora akomeye ateganyijwe mu 2027.






