Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, yasabwe kwisobanura ku mpamvu z’uko M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi!

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 1, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, yasabwe kwisobanura ku mpamvu z’uko M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi!
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasabwe kwisobanura ku mpamvu z’uko M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi!

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni ihuriro rya Lamuka rihuriyemo n’imitwe ya politiki irenga icumi itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, ryasabye Tshisekedi gutanga ibisobanura ku buryo M23 utazongera gufata akandi gace nyuma ya Kanyabayonga.

Agace ka Kanyabayonga gaherereye muri teritware zibiri, iya Lubero n’iya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Aka gace k’ingenzi kafashwe na m23 ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 28/06/2024, nyuma y’imirwano ikaze yahanganishije M23 n’ihuriro ry’Ingabo za RDC iminsi ingana n’ukwezi mu nkengero zaka gace.

Nyuma y’uko M23 ifashye Kanyabayonga yirukanye kandi Ingabo za FARDC n’abambari bayo mu birindiro bikomeye byari ahitwa Kirumba, zihunga zerekeza mu mujyi wa Butembo ufatwa nk’uwa Kabiri ukize muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma ya Goma.

Ahagana isaha z’u mugoroba wo ku itariki ya 29/06/2024, Tshisekedi yayoboye inama y’ingabo yahamagajwe igitaraganya iganirirwamo uburyo leta yakwisubiza Kanyabayonga n’ibindi bice byafashwe na M23. Nyuma yaho, Tshilombo, umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi yasezeranyije abaturage ko azakora ibishoboka, aba barwanyi bagakurwa muri ibi bice.

Niho umuvugizi wa Lamuka, Prince Epenge azira, aho yatangaje ko Tshisekedi akwiye gusobanura imigambi afite yo kwambura M23 ibice imaze kwigarurira, n’iyo kubuza uyu mutwe gufata ibindi bice.

Yagize ati: “Ihuriro Lamuka rirasaba bwana Perezida Félix Tshisekedi ibisobanuro kugira ngo atubwire ibyo ari gukorera u Burasirazuba bwa RDC ateganya kugira ngo ibyabaye bitazasubira ukundi.”

Epenge yatangaje kandi ko leta ya Kinshasa ifite inshingano yo kurinda umutekano w’abaturage kugira ngo bakore ibikorwa bakesha imibereho n’iterambere, badakomwa mu nkokora n’imitwe irimo ADF ikomoka muri Uganda na FDLR irwanya leta ya Kigali.

Ati: “Abaturage bashaka kujya mu mirima ariko icyo bashaka ni uko bahabwa icyizere ko batazakatwa amajosi cyangwa bakabagwa na ADF na FDLR.”

Kanyabayonga yatumye Abategetsi benshi bo muri Congo bajubangana ni agace k’ingenzi cyane kuko gafatwa nk’amasangano y’ubucuruzi bwo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Kiyongereye ku tundi twafashwe na M23 turimo umujyi wa Bunagana n’agace ka Rubaya gakungahaye ku mabuye y’agaciro ya Coltan.

               MCN.
Tags: FardcKanyabayongaKwisobanuraLamukaM23 itazongera gufata ibindi bice
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yanenze abuvuga ko iki gihugu ko kirimo ubukene.

Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yanenze abuvuga ko iki gihugu ko kirimo ubukene.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?