• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu, ndetse avuga naho bihuriye.

minebwenews by minebwenews
September 16, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu, ndetse avuga naho bihuriye.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu , ndetse avuga naho bihuriye.

You might also like

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Umukuru w’ibihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, yatanze ubutumwa bukomeye, ubwo abakuru ba madini n’abakozi ba Leta bateraniraga muri Kigali Convention Center ku cyumweru tariki ya 15/09/2024.

Ni umuhango ngaruka mwaka ukorwa mu rwego rwo gusengera igihugu, aya masengesho kandi azwi nka ‘National Prayer Breakfast’ ategurwa n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship.

Muri aya masengesho Perezida Paul Kagame yabanje gushima, kandi ashimangira ko gushima bibanzirizwa no kunyurwa.

Yagize ati: “Gushima, gushimira, tubikore mu buryo twumva tunyuzwe n’uburyo dushimira.”

Avuga ko ‘nyuma y’amateka igihugu cy’u Rwanda cyanyuzemo, umuco, idini na Politiki byongeye kubaka u Rwanda.

Ati: “Idini, Politiki, umuco w’abantu, buri kimwe gifite umwihariko wacyo nicyo gitanga ndetse ahenshi ntabwo biba byuzuye iyo ibyo navuze ari bitatu bidahujwe. Iyo utabihuje, hari ikiba kibuzemo.”

Yakomeje agira ati: “Dutanze urugero rw’u Rwanda, ibyo uko ari bitatu bifite uko byagiye biratwubaka, byubaka u Rwanda rwasenyutse, hafi kuzima.”

Umukuru w’igihugu, yavuze kandi ko ‘kugira ngo u Rwanda, rubeho, avuga ko ari ibyo bintu bitatu Abanyarwanda bafatanyije kugira ngo aho bageze heza bahagere. Avuga ko iyo bataza kubifatanya ntibaba barageze aho bari kuri none.’

Yavuze kandi ko ‘idini rigomba kuba ritanga cyangwa riha abantu indangagaciro n’imigirire myiza, kuko bifasha no mu buryo bwo mu mwuka, no guhagarara neza muri sosiyete.’

Kagame yanavuze ko abantu batitonze neza ngo bamenye urwo ruvange rw’ibintu byiza ari nabyo byatumye bamwe bagwa mu kibazo. Avuga ko hari ibintu byatinze guhabwa umurongo ukurikizwa, ntihagira imyumvire igarura Abanyarwanda ibabwira ngo mwakabije, mwarengeje igipimo.’

Yanavuze kandi ko biriya bintu uko ari bitatu byagutera ikibazo byanze bikunze, mu gihe utamenye kubikoresha neza ngu bihe umurongo wabyo.

Perezida Paul Kagame yanakomoke kandi ku nsengero zafunzwe, mu buryo budakurikije amategeko , ashimangira ko yaba amadini, abayobozi ba Leta, bagize uburangare mu ishingwa ryaryo.

Tubibutse ko umiryango Rwanda Leaders Fellowship umaze imyaka 29 utegura amasengesho yo gusengera igihugu no gushima Imana.

Aya masengesho akaba yari tabiriwe n’abasaga 600 barimo na Perezida w’u Rwanda na madame we, Jeannette Kagame n’abandi banyacyubahiro benshi.

         MCN.
Tags: ByubatseIdiniPolitikiU RwandaUmuco
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails

Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

Cibitoke: Inama y'Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu ntara ya Cibitoke mu Burundi aravuga ko Musitanteri w’iyi ntara, Najeneza...

Read moreDetails
Next Post

Bargain Hunters Drive China Tech Rebound Amid Regulatory Risk

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?