• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu, ndetse avuga naho bihuriye.

minebwenews by minebwenews
September 16, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu, ndetse avuga naho bihuriye.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame w’u Rwanda, yagaragagaje uruhare rw’idini na Politiki mu kubaka igihugu , ndetse avuga naho bihuriye.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umukuru w’ibihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, yatanze ubutumwa bukomeye, ubwo abakuru ba madini n’abakozi ba Leta bateraniraga muri Kigali Convention Center ku cyumweru tariki ya 15/09/2024.

Ni umuhango ngaruka mwaka ukorwa mu rwego rwo gusengera igihugu, aya masengesho kandi azwi nka ‘National Prayer Breakfast’ ategurwa n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship.

Muri aya masengesho Perezida Paul Kagame yabanje gushima, kandi ashimangira ko gushima bibanzirizwa no kunyurwa.

Yagize ati: “Gushima, gushimira, tubikore mu buryo twumva tunyuzwe n’uburyo dushimira.”

Avuga ko ‘nyuma y’amateka igihugu cy’u Rwanda cyanyuzemo, umuco, idini na Politiki byongeye kubaka u Rwanda.

Ati: “Idini, Politiki, umuco w’abantu, buri kimwe gifite umwihariko wacyo nicyo gitanga ndetse ahenshi ntabwo biba byuzuye iyo ibyo navuze ari bitatu bidahujwe. Iyo utabihuje, hari ikiba kibuzemo.”

Yakomeje agira ati: “Dutanze urugero rw’u Rwanda, ibyo uko ari bitatu bifite uko byagiye biratwubaka, byubaka u Rwanda rwasenyutse, hafi kuzima.”

Umukuru w’igihugu, yavuze kandi ko ‘kugira ngo u Rwanda, rubeho, avuga ko ari ibyo bintu bitatu Abanyarwanda bafatanyije kugira ngo aho bageze heza bahagere. Avuga ko iyo bataza kubifatanya ntibaba barageze aho bari kuri none.’

Yavuze kandi ko ‘idini rigomba kuba ritanga cyangwa riha abantu indangagaciro n’imigirire myiza, kuko bifasha no mu buryo bwo mu mwuka, no guhagarara neza muri sosiyete.’

Kagame yanavuze ko abantu batitonze neza ngo bamenye urwo ruvange rw’ibintu byiza ari nabyo byatumye bamwe bagwa mu kibazo. Avuga ko hari ibintu byatinze guhabwa umurongo ukurikizwa, ntihagira imyumvire igarura Abanyarwanda ibabwira ngo mwakabije, mwarengeje igipimo.’

Yanavuze kandi ko biriya bintu uko ari bitatu byagutera ikibazo byanze bikunze, mu gihe utamenye kubikoresha neza ngu bihe umurongo wabyo.

Perezida Paul Kagame yanakomoke kandi ku nsengero zafunzwe, mu buryo budakurikije amategeko , ashimangira ko yaba amadini, abayobozi ba Leta, bagize uburangare mu ishingwa ryaryo.

Tubibutse ko umiryango Rwanda Leaders Fellowship umaze imyaka 29 utegura amasengesho yo gusengera igihugu no gushima Imana.

Aya masengesho akaba yari tabiriwe n’abasaga 600 barimo na Perezida w’u Rwanda na madame we, Jeannette Kagame n’abandi banyacyubahiro benshi.

         MCN.
Tags: ByubatseIdiniPolitikiU RwandaUmuco
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post

Bargain Hunters Drive China Tech Rebound Amid Regulatory Risk

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?