• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, February 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame Yasobanuye impamvu Yigeze Kuvuga ko Atazi niba RDF Iri muri RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 5, 2026
in Regional Politics
0
Perezida Kagame Yasobanuye impamvu Yigeze Kuvuga ko Atazi niba RDF Iri muri RDC
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame Yasobanuye impamvu Yigeze Kuvuga ko Atazi niba RDF iri muri RDC

You might also like

Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo

“Igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC kigomba gushingira ku mizi yabyo ya kera”- Olusegun Obasanjo

Amagambo ya Perezida Évariste Ndayishimiye ku burezi bw’u Burundi akomeje kuvugisha benshi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasobanuye impamvu yigeze gutanga igusubiza avuga ko atazi niba Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), agaragaza ko byari igisubizo cyatekerejweho kigamije kwirinda ibibazo bya politiki n’amategeko byashoboraga gukurikiraho.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu ijambo rifungura inama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano, aho yibukije ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, mu kwezi kwa kabiri 2025. Muri icyo kiganiro, Madowo yari yamubajije niba hari ingabo z’u Rwanda zaba ziri muri RDC, maze Perezida Kagame amusubiza ko nta byo azi.

Icyo gihe yagize ati: “Ntabyo nzi. Hari ibintu byinshi ntazi. Ariko niba umbajije niba muri Congo hari ikibazo kibangamiye u Rwanda, cyangwa niba u Rwanda rwakora buri kimwe ngo rwirinde, aho nakubwira nti ‘100%’.”

Mu gusobanura icyo gisubizo, Perezida Kagame yavuze ko mu buryo bwa tekiniki atari cyo gisubizo cyari kigamije gutanga ibisobanuro birambuye, ariko ko ari cyo cyari gikwiye mu rwego rwo kwirinda umutego washoboraga kumuganisha mu manza n’ibibazo bya dipolomasi.

Ati: “Mwabonye igihe umunyamakuru ambajije niba turi muri RDC, yari uwa CNN. Ubwo navugaga ko ntabyo nzi, mu by’ukuri si cyo gisubizo nakabaye naratanze mu buryo bwa tekiniki. Ariko nanone mu buryo bwa tekiniki, ni igisubizo kitari kunjyana mu rukiko. Ni gute wajya gushinja icyaha umuntu utazi ibyo uri kuvuga? Biragorana.”

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko iyo u Rwanda rwemera ku mugaragaro ko ruri muri Congo, byari gutuma amahanga n’incuti za RDC birushaho kurwikoreza umutwaro w’ibibazo byose by’umutekano n’ubusugire biri muri icyo gihugu, nyamara bitarurimo byose.

Yagarutse kandi ku bivugwa n’abantu bamaze iminsi bishima bavuga ko u Rwanda ruherutse kwemera ko ruri muri Congo nyuma y’imyaka myinshi rubihakana, avuga ko ibyo ari “amahomvu” adafite ishingiro.

Ati: “Ntekereza ko abantu babwirwa ariko ntibumve. Ndetse n’ibyo bamaze imyaka myinshi babwirwa ntibigeze babyumva. Kubera ko nabajijwe inshuro ibihumbi niba u Rwanda ruri muri Congo.”

Perezida Kagame yasobanuye ko igisubizo nyacyo ku bibazo byose byerekeye ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda gishingira ku mpamvu nyir’izina ituma icyo kibazo kibazwa. Yagize ati: “Niba umbaza niba turi muri Congo, ubanza wibaze impamvu u Rwanda rwaba muri Congo. Iyo umaze kuyimenya, igisubizo kirigaragaza ubwacyo bidasabye ko wongera kubaza.”

Yashimangiye ko kuba u Rwanda rwagira uruhare urwo ari rwo rwose muri Congo bitajyanye n’ibyo rushinjwa byo kujya gusahura amabuye y’agaciro, cyangwa indi mpamvu ya politiki n’ubukungu, ahubwo bishingira ku kibazo cy’umutekano giterwa n’interahamwe zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rumaze imyaka irenga 30 rugaragaza nk’ihungabanya umutekano warwo.

Perezida Kagame yasoje agaragaza ko iyo u Rwanda ruza kuba rusahura amabuye y’agaciro ya Congo nk’uko bikunze kuvugwa, rwakabaye rumaze gutera imbere ku rwego rurenze kure aho rugeze ubu, ati: “Iyo biba ari byo, twari kuba tumaze gutera imbere inshuro zirenga 100.”

Ibi bisobanuro byongeye kugaragaza uko u Rwanda rureba ikibazo cy’umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC, rushingiye ku nyungu zarwo zo kwirinda no kurinda ubusugire bw’igihugu, aho kuba ku birego rushinjwa kenshi bidafite ishingiro.

Tags: CNNRdcRDF
Share24Tweet15Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo

by Bahanda Bruce
February 5, 2026
0
Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo

Perezida Kagame Yasobanuye Imizi ya Politiki Ihuza Tshisekedi na Ndayishimiye, Asobanura n’Ukuri ku Ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu...

Read moreDetails

“Igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC kigomba gushingira ku mizi yabyo ya kera”- Olusegun Obasanjo

by Bahanda Bruce
February 4, 2026
0
“Igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC kigomba gushingira ku mizi yabyo ya kera”- Olusegun Obasanjo

"Igisubizo kirambye ku bibazo bya RDC kigomba gushingira ku mizi yabyo ya kera" -Olusegun Obasanjo Olusegun Obasanjo, umwe mu bahuza b’imiyoborere bashyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU)...

Read moreDetails

Amagambo ya Perezida Évariste Ndayishimiye ku burezi bw’u Burundi akomeje kuvugisha benshi

by Bahanda Bruce
February 4, 2026
0
Amagambo ya Perezida Évariste Ndayishimiye ku burezi bw’u Burundi akomeje kuvugisha benshi

Amagambo ya Perezida Évariste Ndayishimiye ku burezi bw’u Burundi akomeje kuvugisha benshi Mu minsi ishize, amagambo avugwa ko yavuzwe na Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, agira ati “Mu...

Read moreDetails

Afurika harimo na RDC mu Mboni z’Amerika mu Guhangana n’u Bushinwa

by Bahanda Bruce
February 4, 2026
0
Afurika harimo na RDC mu Mboni z’Amerika mu Guhangana n’u Bushinwa

Afurika harimo na RDC mu Mboni z’Amerika mu Guhangana n’u Bushinwa Washington DC yakiriye inama mpuzamahanga ya mbere yo ku rwego rw’intumwa ku mabuye y’agaciro akenerwa cyane ku...

Read moreDetails

Amerika Yahinduye Umurongo wa Politiki muri Afrika

by Bahanda Bruce
February 4, 2026
0
Amerika Yahinduye Umurongo wa Politiki muri Afrika

Amerika Yahinduye Umurongo wa Politiki muri Afrika Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje impinduka ikomeye kandi itunguranye muri politiki yayo yo hanze, by’umwihariko ku bihugu bitatu byo muri...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?