Perezida Kagame, yirukanye abarimo ufite ipeti rya General mu ngabo z’u Rwanda.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’umugaba w’ingabo za RDF, yirukanye ba ofisiye 19 barimo Maj Gen Martin Nzaramba.
Ufite ipeti rya General Nzaramba Martin wirikanwe, yahoze ari umuyobozi w’ishuri rya gisirikare rya Nasho.

Umwaka ushize, ahagana mu kwezi kwa karindwi uyu Nzaramba yari muri ofisiye barimo n’abo ku rwego rwa Gen Perezida Paul Kagame yari yohereje mu kiruhuko cy’izabukuru.
Mu itangazo rimwirukana we n’abandi basirikare ba kuru barimo na Col Dr Uwimana Etienne ryasohowe n’igisirikare cy’u Rwanda kuri uyu wo ku wa Gatatu, tariki ya 30/08/2024.
Iri tangazo rivuga ko nyakubahwa perezida wa Repubulika akaba umugaba mukuru w’ingabo, yirukanye muri RDF major Gen Martin Nzaramba, Col Dr Etienne Uwimana n’abandi ba ofisiye bakuru ndetse n’abato 19.
Iryo tangazo kandi ruvuga ko umukuru w’igihugu yategetse iyirukanwa ndetse n’iseswa ry’amasezerano ry’abandi basirikare bato 195.
Abirukanwe mu ngabo z’u Rwanda ntihigeze hatangazwa amakosa bakoze.
Major Gen Nzaramba yirukanwe mu ngabo z’u Rwanda yiyongereye kuri ba major Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda birukanwe umwaka ushize.
Mu busanzwe, imyitwarire ishobora gutuma umusirikare yirukanwa irimo ubusinzi cyangwa andi makosa yose ashobora gusiga isura mbi Igisirikare cy’u Rwanda.

MCN.