Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri igamije kwiga ku ruhare rw’ingufu za nikleyeri mu iterambere rirambye ry’isi. Iyi nama yateguwe ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ikaba iri kubera mu mujyi wa Paris mu Bufaransa.
Iyi nama yahuje abayobozi b’ibihugu, impuguke mu bijyanye n’ingufu ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga, igamije kurebera hamwe uburyo ingufu za nikleyeri zishobora kugira uruhare rukomeye mu gukemura ikibazo cy’ingufu ku isi no gufasha ibihugu kugera ku iterambere rirambye.
Amakuru aturuka muri Leta y’u Bufaransa agaragaza ko ibihugu bisaga 60 bihagarariwe muri iyi nama, yateguwe na guverinoma y’u Bufaransa ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga gishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’ingufu za nikleyeri ku isi, International Atomic Energy Agency (IAEA).
Iyi nama ikurikira iya mbere yabereye i Brussels mu gihugu cy’u Bubiligi mu mwaka wa 2024, aho abayitabiriye baganiriye ku ruhare rw’ingufu za nikleyeri mu guhangana n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe ndetse no kongera ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi ku isi.
Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ingufu za nikleyeri ari kimwe mu bisubizo by’ingenzi isi ikeneye mu rwego rwo guteza imbere ubukungu no kugera ku bwigenge mu bijyanye n’ingufu.
Yagize ati:
“Turi hano kuko duhuriye ku gitekerezo cyoroshye: dukeneye ingufu za nikleyeri, kuko ari isoko ikomeye y’iterambere n’ubwigenge mu bijyanye n’ingufu.”
Macron kandi yagaragaje ko iyi nama ibaye mu gihe isi iri mu bihe bidasanzwe, aho ikibazo cy’umutekano n’intambara biri mu bice bitandukanye by’isi, cyane cyane mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, bikomeje kugira ingaruka ku isoko ry’ingufu no ku mutekano w’ibihugu.
Mu bayobozi bitabiriye iyi nama harimo Perezida Paul Kagame, uhagarariye u Rwanda ari kumwe n’itsinda ry’impuguke zirimo n’abakozi b’ikigo cya Leta gishinzwe ingufu za nikleyeri mu Rwanda, Rwanda Atomic Energy Board.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite intego yo kongera cyane ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi, hagamijwe gushyigikira gahunda z’iterambere igihugu cyihaye mu myaka iri imbere.
Yagize ati:
“U Rwanda rufite intego yo kuba igihugu gifite ubukungu buciriritse bugana ku rwego rwo hejuru bitarenze umwaka wa 2050. Kugira ngo ibyo bigerweho bisaba amashanyarazi menshi kandi ahoraho. Ni yo mpamvu twashyize ingufu za nikleyeri mu ngamba zacu z’iterambere.”
Leta y’u Rwanda imaze igihe igaragaza ko ishaka gukoresha ikoranabuhanga rigezweho rya Small Modular Reactors (SMRs), ni ukuvuga imashini nto zitunganya ingufu za nikleyeri zishobora kubakwa ku gipimo gito ariko zigatanga amashanyarazi ahagije ku baturage n’inganda.
Ubu buryo bufatwa nk’uburyo bugezweho, butekanye kandi budasaba ibikorwaremezo binini nk’ibyakoreshwaga mu mashini nini za nikleyeri zo mu bihe byashize.
U Rwanda ruteganya ko izi ngufu zizunganira izisanzwe zituruka cyane cyane ku mazi, bityo zigafasha igihugu kugera ku ntego yo kongera ubushobozi bwo gutanga amashanyarazi mu buryo buhoraho.
Iyi nama ibaye nyuma y’uko mu cyumweru gishize impuguke z’ikigo mpuzamahanga International Atomic Energy Agency (IAEA) zasuye u Rwanda mu rwego rwo kugenzura aho gahunda y’iki gihugu yo kwinjira mu ikoreshwa ry’ingufu za nikleyeri igeze.
Abo bagize itsinda ry’ubugenzuzi barebaga ibyangombwa bya tekiniki, amategeko, ubushobozi bw’abakozi n’ibindi bikenewe kugira ngo igihugu gitangire umushinga nk’uwo mu buryo bwizewe kandi butekanye.
Abagenzuzi ba IAEA bagaragaje ko icyo gikorwa kigamije kureba niba u Rwanda rwujuje ibisabwa mbere yo gutangira gushyira mu bikorwa imishinga yo kubyaza amashanyarazi ingufu za nikleyeri.
Ku isi hose, ingufu za nikleyeri zikomeje kugarukwaho cyane nk’umuti ushobora gufasha ibihugu guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’ingufu ndetse n’imihindagurikire y’ibihe. Bitandukanye n’ibicanwa nka peteroli n’amakara, izi ngufu zitanga amashanyarazi menshi kandi ntizohereza imyuka ihumanya ikirere ku rugero runini.
Ni muri urwo rwego ibihugu byinshi, cyane cyane ibyo muri Afurika birimo u Rwanda, bitangiye kwiga uburyo byakwifashisha ikoranabuhanga rya nikleyeri mu guteza imbere inganda, kongera amashanyarazi no kwihutisha iterambere ry’ubukungu.
Iyi nama mpuzamahanga iri kubera i Paris itegerejweho gutanga icyerekezo gishya ku ruhare ingufu za nikleyeri zizagira mu iterambere ry’isi mu myaka iri imbere, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bishaka kongera ubushobozi bwabyo mu bijyanye n’ingufu.





