• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Museveni yatanze umucyo ku ngabo ze ziheruka koherezwa i Bunia.

minebwenews by minebwenews
February 22, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Museveni yatanze umucyo ku ngabo ze ziheruka koherezwa i Bunia.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yatanze umucyo ku ngabo ze ziheruka koherezwa i Bunia.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yanyomoje ibinyamakuru biheruka gutangaza ko ingabo z’iki gihugu cye(UPDF) zagiye i Bunia mu Ntara ya Ituri mu cyumweru gishize kurwanya umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ubwo perezida wa Uganda yasobanuriraga abaturage ba Uganda, ababwira ko ingabo zabo zitagiye kurwanya m23 nk’uko biheruka gutangazwa n’igitangazamakuru cya Al-jazeera ko ahubwo zagiye kurwanya ibyihebe bya ADF Nalu.

Yavuze ko mu myaka ine ishize perezida Félix Tshisekedi na Leta ayoboye bemeye ubusabe bwa Uganda bwo kohereza abasirikare bo kurwanya ADF yicaga abantu barimo Abahema n’abandi bo mu yandi moko yo muri Congo, ngo kuko ntawabikurikiranaga.

Uyu mukuru w’igihugu cya Uganda yavuze ko cyari ikibazo cyari kimaze imyaka 20 kuva mu 2002.

Museveni yavuze ko ashimira Tshisekedi wemeye ko ingabo za Uganda zijya i Beni kuko ngo zabashije gusubiza abaturage mu ngo zabo, kandi ngo n’abaturage ba Uganda ntibacyicwa.

Yaboneyeho n’umwanya wo gusobanura ko ingabo za Uganda hari zagiye mbere muri biriya bice kugira ngo zifashe abakoraga umuhanda wa Kasindi-Beni-Butembo kubacungira umutekano, ndetse nyuma ziza kuba mu ngabo z’umuryango wa Afrika y’iburasirazuba, zabashije gutuma umutwe wa M23 udakomeza imirwano, aho ndetse ngo waje no gusubira inyuma.

Ariko ngo RDC yaje gusaba ko ingabo za Afrika y’iburasirazuba zitaha zikava mu gihugu cyabo, bityo ingabo za Uganda zisigarana inshingano 2, iyo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF n’iyo kurinda umuhanda Kasindi-Butembo.

Yavuze kandi ko kubera ubu imirwano yakomeje gukara, ubutegetsi bw’i Kinshasa bwahaye Uganda uburenganzira bwo kohereza abasirikare bayo muri teritware ya Lubero, hafi y’umujyi wa Butembo na Bunia.

Yagize ati: “Kuba tuhafite abasirikare ntaho bihuriye no kurwanya umutwe wa M23. Twebwe dusaba impande zihanganye kuyoboka inzira y’ibiganiro.”

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko amateka y’ibibazo byo muri RDC azwi cyane kandi ko abakuru b’ibihugu bya Afrika y’Amajy’epfo n’abo muri Afrika y’iburasirazuba babihaye umurongo.

Ibi umukuru w’igihugu cya Uganda yabisobanuye mu gihe bizwi ko abarwanyi bo mu mutwe wa M23 bari hafi gufata umujyi wa Butembo na centre ya Lubero muri teritware ya Lubero mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Tags: BuniaIngabo za Uganda
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.

FARDC iri guhiga Abasore ba Banyamulenge bukware mu Bibogobogo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?