Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Ndayishimiye yashinje Abakoloni guhisha ubutunzi Kamere bw’i gihugu cy’u Burundi ndetse agerekaho ko satani igiye kugira ishyari ku butunzi bwavumbutse iyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 19, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Ndayishimiye yashinje Abakoloni guhisha ubutunzi Kamere bw’i gihugu cy’u Burundi ndetse agerekaho ko satani igiye kugira ishyari ku butunzi bwavumbutse iyo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Ndayishimiye yashinje Abakoloni guhisha ubutunzi Kamere bw’i gihugu cy’u Burundi ndetse agerekaho ko satani igiye kugira ishyari ku butunzi bwavumbutse iyo.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Nibyo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangaje ku wa Gatatu, ubwo yari yagiriye uruzinduko ku musozi wa Murehe uherereye mu Ntara ya Kirundo, akaza kubwibwa ko uwo musozi ukungahaye ku mabuye y’agaciro, yiganjemo ayitwa Gasegereti.

Umuyobozi wa sosiyete Bimeco icukura Gasegereti na Coltan yamusobanuriye ko ubushakashatsi bwakorewe mu gihe cy’u mwaka n’igice, bwagaragaje ko hari amabuye y’agaciro apima toni 12.700.000.

Yanahise abwira perezida Evariste Ndayishimiye ati: “Kera abazungu baracyukuraga cyane rwose aha ngaha muri Murehe. Hanyuma abazungu bagiye, bafunga n’amabeto, ni twebwe twayizibuye.”

Evariste Ndayishimiye akimara kwerekwa ubutunzi Kamere buri kuri uwo musozi yahise asubiza ko Ababiligi ba bakoloni basize bahishe amabuye y’agaciro y’iki gihugu cy’u Burundi.

Ati: “Kwari ukugira ngo ntituyabone. Baragiye baratwara, tubonye ubwigenge, baratwara tubonye ubwigenge, baravuga ngo mwese muyabure . Bakaduseka ngo turi abakene kandi bazi aho twakura ubutunzi. Dukomeza gusaba imfashanyo, bazi ko dufite ubutunzi aha ngaha.”

Ndayishimiye yari yaninjiye mu nzira yo munsi y’ubutaka yakozwe n’abacukura aya mabuye y’agaciro, yavuze ko ibyiza by’u Burundi byatangiye kuboneka, ateguza ko satani ari gutekereza kubitobanga.

Ati: “Ubwo dutanguye kubona ibyiza by’u Burundi, reka mbabwire Barundi, aha ni ho satani itangira gukora. Hariho Abarundi bifatiwe na satani, bavuga ngo nta kuntu mwabisambura ? Kuko murabona nk’umuntu warinze abifunga, ngo ntitwegere tumenya ko dufite amabuye y’agaciro, akagenda asizeho n’amabeto, mwibaza ko ari guseka?”

Evariste Ndayishimiye yavuze ko aba Barundi ahamya ko bakoreshwa na satani bashobora kwegerwa n’abanyamahanga batifuza ko u Burundi butera imbere kugira ngo basenye umushinga wo kubyaza umusaruro ayamabuye y’agaciro.

Iyi sosiyete ya Bimeco icukura amabuye y’agaciro, yanasezeranije perezida Evariste Ndayishimiye ko igiye kuzana ibikoresho bifite ubushobozi bwo gucukura toni zitanu ku munsi, maze Evariste Ndayishimiye nawe avuga ko yazahita agura peteroli idashobora gushira.

Ati: Urumva rero, iyo turi kuvuga ngo u Burundi bwabyutse, birarangiye. Imana yabonye Abarundi twese turi umwe, iti ‘reka mbabwire ibyari bihishe.’ Mwumva iyo tubikora nko mu myaka 50 ishize, u Burundi buba bugeze hehe?’ Abarundi twigire ku keza tugeze . Ni twe tuzatanga imfashanyo. None tuzayakoza iki?”

Ababiligi bategetse u Burundi kuva mu 196 kugeza 1962. Uhagarariye sosiyete ya Bimeco yasobanuye ko muri iyo myaka yose Ababiligi ko bacukuraga amabuye y’agaciro ku musozi wa Murehe.

               MCN.
Tags: ColtanGasegeretiKirundoMureheUbutunzi Kamere
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
General Eddy Kapend, yavuze ku bibazo by’umutekano ukomeje kuzamba muri Katanga.

General Eddy Kapend, yavuze ku bibazo by'umutekano ukomeje kuzamba muri Katanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?