Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yumvikanye avuga amagambo yuje ubwenge bukaze.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 14, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yumvikanye avuga amagambo yuje ubwenge bukaze.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yumvikanye avuga amagambo yuje ubwenge bukaze.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi rya RPF-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu, perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwahozeho kandi ruzahoraho ko abahora bibaza uko ruzamera ubwo atazaba akiruyobora bakwiye gutuza kuko hashobora kuboneka undi uzaruyobora neza ku murusha.

Yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 13/07/2024, mu kiganiro n’abanyamakuru. Iki kiganiro cyagarutse ku bikorwa bye byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri mbere.

Abajijwe niba koko hari umuntu abona ushobora kuzamusimbura uri ku rwego rwe, perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo azaba adahari hari abandi bazaba bahari.

Yavuze ko mu gihe akiyoboye akora ibyo agomba gukora kandi agafatanya n’Abanyarwanda, ibigira uruhare runini mu gutuma iterambere rishoboka.

Ati: “Icyo nkora ni ubuyobozi nk’uko bahisemo. Umunsi nzaba ntahari, hazaba hari andi mahitamo, bashobora kuzahitamo uzabayobora no kuyobora neza kurusha.”

Yakomeje agira ati: “Ubwo ntazaba mpari hari abandi bazaba bahari kandi birashoboka ko uwo bazahitamo ari we wazaba mwiza kurushaho.”

Yanatangaje ko u Rwanda rwabayeho mbere y’uko avuka ko na mbere y’uko atarava mu buhungiro rwariho.

Ati: “U Rwanda rwahozeho kandi ruzahoraho, Abanyarwanda bazakomeza kwishimira kuba Abanyarwanda mu buryo butandakanye.”

Ku bahora bamubaza igihe azavira ku butegetsi, yavuze ko Abanyarwanda aha agaciro cyane ari bo bahora bamusaba gukomeza kuyobora.

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yanibukije abahora bamusaba kuva ku buyobozi ko n’igihe yabuvaho atari bo bamusimbura kuko ntasano bafitanye n’u Rwanda.

Paul Kagame yavuze ko kuva muri 2010, 2017 ndetse n’uyu mwaka atahwemye gusaba Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi gutegura uzamusimbura kuko atazahora ayoboye.

             MCN.
Tags: BukazePerezida Paul KagameYumvikanye avuga amagambo yuje ubwenge
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hari byavuzwe ku gitero ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ryagabye mu baturage baturiye i Kirumba.

Hari byavuzwe ku gitero ihuriro ry'ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ryagabye mu baturage baturiye i Kirumba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?