• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko nta ntambara n’imwe yabatera ubwoba, maze agaruka ku mateka y’i Nyagatare.

minebwenews by minebwenews
July 7, 2024
in Regional Politics
1
Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko nta ntambara n’imwe yabatera ubwoba, maze agaruka ku mateka y’i Nyagatare.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda ko nta ntambara n’imwe yabatera ubwoba, maze agaruka ku mateka y’i Nyagatare.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Hari mu bikorwa perezida w’u Rwanda Paul Kagame akomeje gukora hirya no hino, mu gihugu cy’u Rwanda byo kwiyamamaza, aha yari i Nyagare, kuri uyu wo ku Cyumweru, yabwiye abaho ko “nta ntambara n’imwe ikwiye ku batera ubwoba, kandi ko nta nahamwe yaturuka.”

Perezida Paul Kagame ni umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi rya RPF-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe kuba ku ya 15/07/2024.

Ubwo yiyamamarizaga i Nyagatare yabwiye abari ba mwitabye, ati: “Nta ntambara yadutera ubwoba. Yaturuka hano cyangwa yaturuka hanze. Oya ntibishoboka.”

Mbere y’uko avuga ibi, yabanje kugaruka ku mateka y’akarere ka Nyagatare ndetse na RPF Inkotanyi by’u mwihariko kuko ari ho Inkotanyi zinjiriye zitangiza urugamba ariko anagaragaza ko muri aka karere n’ubundi ari ho bamwe muri bo basohokeye bahunga mu 1959.

Ati: “Ntabwo ari hano twinjiriye gusa, bamwe muri twe ni naho twasohokeye duhunga mu 1959.”

Yakomeje agira ati: “Icyo gihe twari abana ba bandi bafataga ukuboko, aho twambukiye kujya kuba impunzi mu gihugu cy’abaturanyi na none ni muri aka karere. Ayo mateka murayumva, aho twasohokeye, niho twinjiriye. Dusohoka, byavuzwe, hari uwabivuze hari uburyo abantu babayemo bavuga bati ntiburi bucye. Tugaruka byari ukuvuga ngo bugomba kujya bucya byanze bikunze.”

Yanavuze kandi ati: “N’uyu munsi ku Munyarwanda uwo ari we wese bugomba kujya bucya.”

Paul Kagame yageze naho avuga ko akeka ko ashobora kuba ari umunyamahirwe kurusha abandi. Ati: “Ndi umunyamahirwe. Amahirwe ya mbere ni ukunyura muri ibyo byose imyaka itari mike, aho abantu bibaza niba buri bucye cyangwa bari buramuke, iyo myaka yose njyewe nkaramuka. Ntabwo ari ubutwari bundi, ntabwo ari ikindi, ubwo ni amahirwe. Ariko rero nabyo biravuze ngo waramutse wagize ayo mahirwe, ugomba gukora igituma n’ejo uzaramuka ndetse n’abandi bakaramuka.”

Kagame kandi yibutse Abanyarwanda bagiye benshi muri bo bazize politiki mbi y’igihugu, agaragaza ko azakora ibishoboka ngo aho bari hose bazamenye ko batagendeye ubusa, yongera kugaragaza ko nta ntambara igomba gutera u Rwanda.

Ati: “Ibyo rero nibyo biduha imbaraga, bisa nk’ibya ya ndirimbo ngo nta ntambara n’imwe yadutera ubwoba. Yaturuka hano cyangwa yaturuka hanze. Oya ntibishoboka. Wa mugambi wo kuramuka byanze bikunze n’uwo nguwo, buriya gutora RPF no kuba RPF ni icyo bivuze. Bivuze ko buri Munyarwanda mu gihugu cyacu agomba kuramuka byanze bikunze.”

Paul Kagame yanagiriye inama abakiri bato, abasaba kuzakomeza kuba intare aho kuba imbwa.

Ati: “Abakiri bato, nimwe benshi ndababona hano, ubwo ibihe biri imbere ni byanyu, muzabe za ntare ntimuzabe imbwa. Intare zikomeza kuba intare zigasaza ari intare. Mwebwe batoya rero mufite inshingano zo gukomeza rwa rugendo rw’abanje mbere yanyu, mu bihe biri imbere ni ugutera imbere, ni amajyambere.”

Yasoje ababwira ko mu minsi iri mbere Abanyarwanda ari bo bazajya bihitiramo igihe bajya hanze bafite icyo bagiye gukora n’igihe bazagarukiraho, ariko ari bo babyihitiramo, arangije abasaba kutazatatira igihango.

          MCN.
Tags: AmatekaNta ntambara yadutera ubwobaPaul Kagame
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Ibindi wa menya ku biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birwa by’i Zanzibar.

Ibindi wa menya ku biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo mu birwa by'i Zanzibar.

Comments 1

  1. kemahasiswaan UNISDA says:
    2 years ago

    Hey very cool web site!! Man .. Beautiful .. Amazing .. I will bookmark your website and take the feeds also?I am happy to find a lot of useful information here in the post, we need work out more techniques in this regard, thanks for sharing. . . . . .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?