Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Paul Kagame yashubije abavuga ko afitiye impuhwe M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 13, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame yashubije abavuga ko afitiye impuhwe M23.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashubije abavuga ko afitiye impuhwe umutwe wa M23 uhanganye n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, avuga ko ikibazo ari abatawufitiye impuhwe.

Umutwe wa M23 umaze imyaka itatu wubuye imirwano mu Burasirazuba bwa RDC, uvuga ko urwanira Abanye-kongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda abo Congo ihoza ku nkenke ibaziza ubwoko bwabo.

Nyamara u Rwanda rwumvako M23 irwanira ukuri kuko irwanirira abarengana.

Mu kiganiro perezida Kagame aheruka kugirana n’ikinyamakuru cya Jeune Afrique yagarutse ku ngingo zinyuranye zibanze ku mutekano mu karere muri rusange, ndetse no mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo by’umwihariko.

Muri iki kiganiro perezida Kagame yavuze kuri m23 , agira ati: “Iri ni itsinda rivugira irindi tsinda ry’abantu benshi batotezwa, bicwa, bavanywe mu byabo. Dufite impunzi nyinshi zahungiye hano mu Rwanda kubera ibyo bibazo. Iyi si inshuro ya mbere barimo kurwana. Kubera iki ibyo bibazo bigarutse nyuma y’imyaka icumi? Icya kabiri, baratotezwa muri ubwo buryo kubera ko bafitanye isano n’Abanyarwanda. Hari abavuga ngo abagize M23 ni Abatutsi, rero bagomba kujya mu Rwanda. Nyamara si u Rwanda rwabajyanye muri RDC.”

Kagame yakomeje agira ati: “Rero abibaza impamvu ngirira impuhwe M23, hubwo nanjye nababaza impamvu buri wese adakwiye kubagirira impuhwe. Ese murashaka ko ngirira impuhwe ubutegetsi bwa Kinshasa kandi ari bwo buteza ibi bibazo byose? Oya. Ese nagirira impuhwe FDLR na Wazalendo leta yazanye muri iyi ntambara yibasira abantu kubera ubwoko bwabo? Murashaka ko ngirira impuhwe u Burundi bwinjiye muri iyi ntambara ishingiye ku moko kandi bukaba bufatanya na Leta ya Kinshasa mu gutoteza no kwica abo baturage?”

Perezida w’u Rwanda yibukije ko M23 yeguye intwaro ku nshuro ya kabiri, kuko no mu 2012 nabwo yahanganye na Congo, kugera n’aho yafashe umujyi wa Goma, ariko ikaza kuwurekura.

Yagize ati: “Iki kibazo cyarabaye mu myaka isaga icumi ishize. Kuki kigarutse ? Kuki kitakemuwe muri iriya myaka? Ndumva ari byo bibazo byiza dukwiye kwibaza.”

Kagame yaje kubazwa n’umunyamakuru niba bidakwiye kurekera Congo ikibazo cya M23, ngo kuko kireba Abanye-kongo ubwobo, nawe amusubiza ko Congo ari yo ikwiye gusubiza icyo kibazo, igasobanura impamvu itikorera umutwaro wayo.

Ati: “Icyo ni ikibazo cyiza, ariko nibo bakwiye ku gusubiza.”

Kagame yavuze ko iyo FDLR ituza, ikaguma iyo mu mashyamba ya Congo ntize guhungabanya umutekano w’u Rwanda nta kibazo yakayigizeho.

Yagize ati: “Congo ifite uburenganzira bwo kubana n’abo bantu bakoze ibyo twabonye mu gihugu cyabo, ariko jye sinakwemera ko Congo ikomeza kubakoresha umuryango w’Abibumbye urebera. Nk’Abanyarwanda dufite uburenganzira bwo kwiyitaho, kuko twarababwiye bihagije.”

Tags: ImpuhweKagameM23
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
FARDC igitero yagabye mu Banyamulenge yacyambuwemo ibikoresho bikaze.

FARDC igitero yagabye mu Banyamulenge yacyambuwemo ibikoresho bikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?