Umukuru w’igihugu cya Sudan y’Epfo, Salva Kiir Mayardi yageze i Kinshasa kumurwa mukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Ni kuri ki Cyumweru, tariki ya 24/03/2024, perezida w’igihugu cya Sudan y’Epfo, akaba n’umuyobozi mukuru w’u muryango w’Afrika y’iburasirazuba (EAC) yakiriwe i Kinshasa, nk’uko byatangajwe na perezidansi ya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Yategewe ku kibuga cy’indege cya ndjili n’itsinda ry’abategetsi ba RDC bari bayoboye na minisitiri w’intebe Michel Sama Lukonde.
Nk’uko perezidansi ya RDC ibivuga n’uko Salva Kiir, uruzinduko rwe rugamije gushakira amahoro u Burasirazuba bw’iki gihugu.
Ni uruzinduko kandi rugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Perezida Félix Tshisekedi ngo yabonanye na mugenzi we akanya gato, ariko bikaba biteganijwe ko bazahura neza mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.
Ubutumwa bwa perezidansi ya Congo, buvuga ko umubonano wa Salva Kiir Mayardi na Tshisekedi ko uzabera mu ngoro y’umukuru w’igihugu cya RDC.
Salva Kiir Mayardi yaherukaga i Kinshasa mu kwezi gushize kwa kabiri uyu mwaka, nyuma y’uko yari yabanje kugera i Bujumbura na Kigali.
MCN.