Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yacishije make ku ngingo yakunze guteza impaka yo kwigarurira ikirwa cya Greenland, atangaza ko atazitabaza imbaraga za gisirikare cyangwa ibihano kugira ngo agere ku nyungu Amerika ishaka icyo kirwa. Ibi yabivugiye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, aho hari kubera Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu (World Economic Forum).
Trump yageze ku Mugabane w’u Burayi mu mwuka utari mwiza mu mubano afitanye n’abategetsi baho, ahanini bitewe n’impaka zishingiye ku kibazo cya Greenland, ikirwa kinini kurusha ibindi ku Isi. Mu bihe byashize, uyu muperezida yakunze kuvuga ko Greenland ifite umutungo kamere ukomeye, cyane cyane amabuye y’agaciro, anemeza ko Amerika nitayifata mu biganza byayo ishobora kwigarurirwa n’u Burusiya cyangwa u Bushinwa—ibihugu adashaka kubona byegera inyungu z’umutekano wa Amerika.
Greenland ituwe n’abaturage barenga ibihumbi 57, ikaba iyoborwa na Denmark nubwo yahawe ubwigenge bw’imbere mu gihugu kuva mu 1979. Icyakora, inzego z’ingenzi zirimo igisirikare, ububanyi n’amahanga n’imari bikiri mu maboko ya Denmark.
Mu magambo akakaye yavugiye mbere, Trump yari yaramaramaje ko adatewe ubwoba gukoresha imbaraga za gisirikare, nubwo byashoboraga kumuteza umwiryane n’Abanyaburayi ndetse na NATO, cyane ko hari abasirikare n’indege by’ihuriro ry’Ingabo za OTAN byari byaroherejwe muri ako gace.
Icyakora i Davos, nyuma yo kugirana ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa NATO/OTAN, Mark Rutte, Trump yumvikanye mu mvugo yo gucisha make, anagaragaza ubushake bwo kugabanya imvugo yo gufatira ibihano abo batavuga rumwe ku kibazo cya Greenland.
Yagize ati: “Ni inzira buri wese azishimira. Ni igisubizo kirambye cy’igihe kirekire, gishyira buri ruhande ahantu heza, haba ku mutekano no ku nyungu z’amabuye y’agaciro.”
Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Mukuru wa NATO yavuze ko mu by’ingenzi byihutirwa, ikibazo cya Greenland cyashyizwe ku ruhande, kuko ubu amaso ahanzwe cyane ku ntambara yo muri Ukraine. Icyakora, yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza Denmark, Greenland na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bigamije kugirana “amasezerano yihariye yo gukumira u Burusiya n’u Bushinwa kubona inyungu za gisirikare n’ubukungu bikomoka kuri Greenland.”
Perezida Trump yagaragaje ko azaha inshingano zo gukurikirana ibyo biganiro Visi Perezida we, JD Vance, afatanyije na Marco Rubio, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga.
Ku rundi ruhande, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye kitigeze kigaragaza ubushake bwo kwishora mu kibazo cya Greenland, ashimangira ko batagifiteho inyota.
Iyi mvugo nshya ya Trump igaragaza impinduka mu nzira Amerika ishaka kunyuramo kuri iki kibazo, igashyira imbere imishyikirano n’ubwumvikane mpuzamahanga aho gukomeza imvugo zishobora guteza umwuka mubi mu mubano n’abo bafatanyije ku rwego rw’Isi.






