• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, January 23, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 23, 2026
in World News
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

You might also like

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

EU Yahagaritse Amasezerano n’Amerika, Intangiriro y’Intambara Nshya y’Ubukungu

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yacishije make ku ngingo yakunze guteza impaka yo kwigarurira ikirwa cya Greenland, atangaza ko atazitabaza imbaraga za gisirikare cyangwa ibihano kugira ngo agere ku nyungu Amerika ishaka icyo kirwa. Ibi yabivugiye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, aho hari kubera Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu (World Economic Forum).

Trump yageze ku Mugabane w’u Burayi mu mwuka utari mwiza mu mubano afitanye n’abategetsi baho, ahanini bitewe n’impaka zishingiye ku kibazo cya Greenland, ikirwa kinini kurusha ibindi ku Isi. Mu bihe byashize, uyu muperezida yakunze kuvuga ko Greenland ifite umutungo kamere ukomeye, cyane cyane amabuye y’agaciro, anemeza ko Amerika nitayifata mu biganza byayo ishobora kwigarurirwa n’u Burusiya cyangwa u Bushinwa—ibihugu adashaka kubona byegera inyungu z’umutekano wa Amerika.

Greenland ituwe n’abaturage barenga ibihumbi 57, ikaba iyoborwa na Denmark nubwo yahawe ubwigenge bw’imbere mu gihugu kuva mu 1979. Icyakora, inzego z’ingenzi zirimo igisirikare, ububanyi n’amahanga n’imari bikiri mu maboko ya Denmark.

Mu magambo akakaye yavugiye mbere, Trump yari yaramaramaje ko adatewe ubwoba gukoresha imbaraga za gisirikare, nubwo byashoboraga kumuteza umwiryane n’Abanyaburayi ndetse na NATO, cyane ko hari abasirikare n’indege by’ihuriro ry’Ingabo za OTAN byari byaroherejwe muri ako gace.

Icyakora i Davos, nyuma yo kugirana ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa NATO/OTAN, Mark Rutte, Trump yumvikanye mu mvugo yo gucisha make, anagaragaza ubushake bwo kugabanya imvugo yo gufatira ibihano abo batavuga rumwe ku kibazo cya Greenland.

Yagize ati: “Ni inzira buri wese azishimira. Ni igisubizo kirambye cy’igihe kirekire, gishyira buri ruhande ahantu heza, haba ku mutekano no ku nyungu z’amabuye y’agaciro.”

Ku ruhande rwe, Umunyamabanga Mukuru wa NATO yavuze ko mu by’ingenzi byihutirwa, ikibazo cya Greenland cyashyizwe ku ruhande, kuko ubu amaso ahanzwe cyane ku ntambara yo muri Ukraine. Icyakora, yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza Denmark, Greenland na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bigamije kugirana “amasezerano yihariye yo gukumira u Burusiya n’u Bushinwa kubona inyungu za gisirikare n’ubukungu bikomoka kuri Greenland.”

Perezida Trump yagaragaje ko azaha inshingano zo gukurikirana ibyo biganiro Visi Perezida we, JD Vance, afatanyije na Marco Rubio, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga.

Ku rundi ruhande, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye kitigeze kigaragaza ubushake bwo kwishora mu kibazo cya Greenland, ashimangira ko batagifiteho inyota.

Iyi mvugo nshya ya Trump igaragaza impinduka mu nzira Amerika ishaka kunyuramo kuri iki kibazo, igashyira imbere imishyikirano n’ubwumvikane mpuzamahanga aho gukomeza imvugo zishobora guteza umwuka mubi mu mubano n’abo bafatanyije ku rwego rw’Isi.

Tags: DavosGreenlandTrumpYacishije make
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga Kuva Donald Trump yagaruka ku butegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isi yinjiye...

Read moreDetails

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

by Bahanda Bruce
January 21, 2026
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo Mu rwego rwo kwizihiza umwaka wa mbere wa manda ya kabiri...

Read moreDetails

EU Yahagaritse Amasezerano n’Amerika, Intangiriro y’Intambara Nshya y’Ubukungu

by Bahanda Bruce
January 20, 2026
0
EU Yahagaritse Amasezerano n’Amerika, Intangiriro y’Intambara Nshya y’Ubukungu

EU Yahagaritse Amasezerano n’Amerika, Intangiriro y’Intambara Nshya y’Ubukungu Nk’uko bigaragara mu isesengura rikomeje gukwirakwira mu nzego za dipolomasi n’ubukungu ku Isi, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wafashe icyemezo...

Read moreDetails

Perezida Trump Yasesereje Macron, Umubano wa Amerika n’u Bufaransa Urushaho Kuzamba

by Bahanda Bruce
January 20, 2026
0
Perezida Trump Yasesereje Macron, Umubano wa Amerika n’u Bufaransa Urushaho Kuzamba

Perezida Trump Yasesereje Macron, Umubano wa Amerika n’u Bufaransa Urushaho Kuzamba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gukoresha imvugo ikakaye irimo kwiyemera gukomeye, atangaza...

Read moreDetails

Minisitiri Netanyahu Yateye Induru ku Mugambi Mushya wa Trump kuri Gaza

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Minisitiri Netanyahu Yateye Induru ku Mugambi Mushya wa Trump kuri Gaza

Minisitiri Netanyahu Yateye Induru ku Mugambi Mushya wa Trump kuri Gaza Minisitiri w’Intebe wa Leta ya Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yasabye ko haterana byihutirwa Inama y’Abaminisitiri bashinzwe Ingabo n’Umutekano,...

Read moreDetails
Next Post
“Kuva kwa AFC/M23 i Uvira Byasize Abaturage mu Kaga Gakomeye batewe na Wazalendo” – HRW

Induru y’Akababaro ku Bwicanyi n’Ihohoterwa Bikomeje Guhitana Inzirakarengane i Uvira

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?