Perezida Trump Yasobanuye Impamvu Amerika Ishaka Kwigarurira Greenland
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragaza impamvu nyamukuru zituma ashaka ko igihugu cye cyagira ububasha kuri Greenland, ikirwa gifite ubwigenge bwihariye kiri mu bwami bwa Danemark. Icyakora, Greenland na Danemark byamaganye byimazeyo uwo mugambi, bishimangira ko iki kirwa atari umutungo ugurishwa cyangwa ugomba guterwa igitutu n’amahanga.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida Trump yatangaje ko Amerika ikeneye kugira “ububasha busesuye” kuri Greenland, ashingira ku mpamvu z’umutekano mpuzamahanga. Yavuze ko icyo cyifuzo kigamije gukumira u Burusiya n’u Bushinwa kugira ngo bitagira uruhare rwo kwigarurira ako karere gafite akamaro gakomeye mu bya gisirikare. Yagize ati:
“Ibihugu bigomba kugira ububasha busesuye ku butaka bwabyo, kandi ubwo bubasha bugomba kurindwa. Ntushobora kurinda icyo utabereye umurinzi. Ni yo mpamvu tugomba kurinda Greenland.”
Yakomeje avuga ko Amerika ishobora kugera kuri iyo ntego “mu buryo bworoshye” cyangwa “mu buryo bukomeye,” amagambo yateje impaka n’impungenge zikomeye ku ruhande rwa Danemark n’abayobozi ba Greenland. Ibiro bya Perezida wa Amerika (White House) byemeje ko ubutegetsi bwa Trump buri gusuzuma igitekerezo cyo kugura Greenland, akarere kigenga kari mu bwami bwa Danemark, igihugu kiri mu muryango w’ubutabarane wa OTAN/NATO. Icyakora, byagaragaje ko gukoresha ingufu za gisirikare bitashyizwe ku ruhande burundu.
Danemark na Greenland byahise byamagana uwo mugambi, bishimangira ko Greenland atari igihugu cyangwa akarere kagurishwa. Guverinoma ya Danemark yagaragaje ko igikorwa icyo ari cyo cyose cya gisirikare cyabangamira Greenland cyahungabanya bikomeye umubano n’ubufatanye mu muryango wa OTAN, bityo kikaba cyashyira mu kaga umutekano rusange w’ibihugu by’inshuti.
Mu itangazo rusange ryashyizwe ahagaragara mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 09/01/2026, abayobozi b’amashyaka ya politiki muri Greenland, barimo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bashimangiye ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigomba guhagarika imvugo n’imyitwarire isuzugura igihugu cyabo n’abagituye.
Bagize bati:
“Ntidushaka kuba Abanyamerika, ntidushaka kuba Abanya-Danemark. Dushaka kuba Abanya-Greenland.”
Bakomeza bashimangira ko ejo hazaza ha Greenland hagomba kugenwa n’abaturage bayo ubwabo, nta gitutu giturutse hanze.
Nubwo Greenland ari akarere gafite abaturage bake, ifite umwanya wihariye ku ikarita y’isi. Iherereye hagati ya Amerika y’Amajyaruguru n’akarere ka Arctique, bikayiha agaciro gakomeye mu bijyanye n’umutekano, by’umwihariko mu kugenzura ibishobora kuba ibitero bya misile no gukurikirana ingendo z’amato anyura muri aka karere gafite agaciro ka strateji ku rwego mpuzamahanga.
Izi mpaka zikomeje kugaragaza uburyo Greenland igenda yiyubaka nk’akarere gafite icyerekezo n’uburenganzira bwo kwifatira ibyemezo byayo, igashimangira ko ubusugire n’ubwigenge bwayo bitagomba kuba ingingo yo kuganirwaho mu rwego rw’ubucuruzi cyangwa igitutu cya politiki mpuzamahanga.






