Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 15, 2025
in World News
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.
66
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

You might also like

Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.

Perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na we bitararangira .

Ni mu kiganiro Trump yagiranye na BBC aho iki gitangazamakuru cyamubazaga niba yizera perezida w’u Burusiya.

Muri ki kiganiro, perezida Trump, yabanje kubazwa icyo atekereza kwigerageza ryo ku mwica ryabayeho ubwo yarimo yiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu umwaka ushize.

Na we asubiza ati: “Sinkunda kubitekerezaho.”

Yongera kandi ati: “Bishobora guhindura ubuzima bwanjye. Ni yo mpamvu mpitamo kubyirengangiza.”

Nyuma, yahise agaruka mu buryo burambuye uburyo yatengushwe na perezida w’u Burusiya.

Yavuze ko yari yaratekereje ko amasezerano yo kurangiza intambara muri Ukraine yashoboraga kugerwaho n’u Burusiya mu bihe bine bitandukanye.

Maze ashimangira ko Putin yamutengushye, ariko ko atararangizanya na we, ati: “Yarantengushye, ariko sindakurayo amaso. Sindaheba.”

Yanabijijwe icyakorwa kugira ngo Putin areke kumena amaraso, maze na we ati: “Turimo kubikoraho. Bizagira iherezo.”

Yakomeje agira ati: “Rimwe na rimwe tugirana ibiganiro byiza, nkavuga nti, ahari agiye kwisubiraho areke intambara. Ariko naja kumva, nkumva yasenye inyubako i Kyiv.”

Trump kandi yabajijwe niba abona abategetsi bo kumigabane itandukanye bamwishimira, asubiza ati: “Mbona gusa bagerageza kunyitwaraho neza.”

Yavuze kandi ko abategetsi b’ibihugu nk’u Budage, u Bufaransa na Espanye, bagezaho bamwubaha bubaha nibyemezo afata, ngo kubera ko ku ruhande rumwe bitewe no kuba aba bategetsi ndetse n’abandi bo mu bindi bihugu bemera ko hari impano nyinshi umuntu aba afite kugira ngo bibeho ko atorwa inshuro zirenga imwe kuba umukuru w’igihugu.

Tags: BBCPutinTrumpYamutengushye
Share26Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Intambara muri Ukraine yahinduye isura. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yijeje Ukraine kuyoherereza intwaro za Patriots bizayifasha mu buryo bukaze bwo gukumira ibitero by'u Burusiya....

Read moreDetails

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana. MuhammaduBuhari wabaye umukuru w'igihugu cya Nigeria inshuro zibiri yitabye umuremyi we, nk'uko amakuru akomeje gutangazwa n'ibitangazamaku bitandukanye byaba ibyo mu gihugu imbere no...

Read moreDetails

Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.

Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe. Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yakomerekeye mu gitero igisirikare cya Israel cyagabye i Tehran ku murwa mukuru w'iki...

Read moreDetails

Ibitero bya Israel muri Gaza byari bikaze.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Ibitero bya Israel muri Gaza byari bikaze.

Ibitero bya Israel muri Gaza byari byakaze. Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero bikomeye mu ntara ya Gaza, bisiga bihitanye abantu 110 abandi amagana babikomerekeramo. Ni ibitero iki gisirikare...

Read moreDetails

Umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n’uburyo azabikora.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Umwe mu bakuru b’ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n’uburyo azabikora.

Umwe mu bakuru b'ibihugu bya Afrika yatangaje ko agiye kwemeza Trump avuga n'uburyo azabikora. Perezida Gideon Duma Boka wa Botswana yatangaje ko agiye gukora ibishoboka byose akazahura na...

Read moreDetails
Next Post
Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.

Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?