Perezida Trump yavuze ko kubera RDC n’u Rwanda, akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel.
Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko byari bikwiye ko ahabwa ishimwe rya Nobel rigenewe guhabwa indashikirwa mu guharanira amahoro ku Isi, ngo kubera ko ari guhuza Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda.
Amerika, ibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanye n’amahanga, iheruka kwemeza ko u Rwanda na Congo byumvikanye kuzashyira umukono ku masezerano y’amahoro tariki ya 27/06/2025.
Ni muri ubwo buryo, perezida Trump yatangaje ibi, aho yakoresheje urubuga rwa Truth social ko yishimiye gutangaza ko we na minisitiri w’ubanye n’amahanga, Marco Rubio, biteguye amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, agamije guhagarika intambara imaze imyaka myinshi mu Burasizuba bwa Congo.
Yagize ati: “Abahagarariye u Rwanda na Congo bazaba i Washington DC ku wa mbere kugira ngo basinye amasezerano y’amahoro. Uyu ni umunsi mwiza kuri Afrika, kandi mu by’ukuri ni n’umunsi mwiza ku Isi.”
Trump yatangaje ko nubwo agiye gufasha u Rwanda na Congo kugera kuri iyi ntambwe , akaba yarahagaritse intambara y’u Buhinde na Pakistan, agaharika intambara ya Kosovo na Serbie ndetse n’andi makimbirane hirya no hino, atazahabwa ishimwe rya Nobel.
Ati: “Ntabwo nzahabwa ishimwe rya Nobel ku bw’ibi, sinzarihabwa ku bwo guhagarika intambara y’u Buhinde na Pakistan, sinzarihabwa ku bwo guhagarika intambara ya Kosovo na Serbie, sinzarihabwa ku bwo kubungabunga amahoro hagati ya Misiri na Ethiopia.”
Ibi yabitangaje mu gihe intambara ihangayikishije ibihugu byinshi, harimo n’ihanganishije u Burusiya na Ukraine, ndetse n’iya Israel na Iran.
Avuga ko yifuza ko ibihugu byo mu burengerazuba bwo hagati bigirana amasezerano y’ubumwe ya “Abraham Accords,” ashobora kubifasha kugera ku mahoro nyuma y’imyaka myinshi aka karere kabamo intambara z’urudaca.
Yasoje avuga ko nubwo yagera ku masezerano ya ‘Abraham’ muri aka karere kose, agaharika intambara y’u Burusiya na Ukraine, atazahabwa ishimwe rya Nobel, gusa ngo icyo aha agaciro ni uko abaturage bo babona imirimo ye.
Yanavuze ko iyo iri shimwe riba ridahabwa abaharanira ukwishyira ukizana, we aba yararihawe inshuro 4 cyangwa 5.