• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

minebwenews by minebwenews
June 21, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko kubera RDC n’u Rwanda, akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko byari bikwiye ko ahabwa ishimwe rya Nobel rigenewe guhabwa indashikirwa mu guharanira amahoro ku Isi, ngo kubera ko ari guhuza Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda.

Amerika, ibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanye n’amahanga, iheruka kwemeza ko u Rwanda na Congo byumvikanye kuzashyira umukono ku masezerano y’amahoro tariki ya 27/06/2025.

Ni muri ubwo buryo, perezida Trump yatangaje ibi, aho yakoresheje urubuga rwa Truth social ko yishimiye gutangaza ko we na minisitiri w’ubanye n’amahanga, Marco Rubio, biteguye amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC, agamije guhagarika intambara imaze imyaka myinshi mu Burasizuba bwa Congo.

Yagize ati: “Abahagarariye u Rwanda na Congo bazaba i Washington DC ku wa mbere kugira ngo basinye amasezerano y’amahoro. Uyu ni umunsi mwiza kuri Afrika, kandi mu by’ukuri ni n’umunsi mwiza ku Isi.”

Trump yatangaje ko nubwo agiye gufasha u Rwanda na Congo kugera kuri iyi ntambwe , akaba yarahagaritse intambara y’u Buhinde na Pakistan, agaharika intambara ya Kosovo na Serbie ndetse n’andi makimbirane hirya no hino, atazahabwa ishimwe rya Nobel.

Ati: “Ntabwo nzahabwa ishimwe rya Nobel ku bw’ibi, sinzarihabwa ku bwo guhagarika intambara y’u Buhinde na Pakistan, sinzarihabwa ku bwo guhagarika intambara ya Kosovo na Serbie, sinzarihabwa ku bwo kubungabunga amahoro hagati ya Misiri na Ethiopia.”

Ibi yabitangaje mu gihe intambara ihangayikishije ibihugu byinshi, harimo n’ihanganishije u Burusiya na Ukraine, ndetse n’iya Israel na Iran.

Avuga ko yifuza ko ibihugu byo mu burengerazuba bwo hagati bigirana amasezerano y’ubumwe ya “Abraham Accords,” ashobora kubifasha kugera ku mahoro nyuma y’imyaka myinshi aka karere kabamo intambara z’urudaca.

Yasoje avuga ko nubwo yagera ku masezerano ya ‘Abraham’ muri aka karere kose, agaharika intambara y’u Burusiya na Ukraine, atazahabwa ishimwe rya Nobel, gusa ngo icyo aha agaciro ni uko abaturage bo babona imirimo ye.

Yanavuze ko iyo iri shimwe riba ridahabwa abaharanira ukwishyira ukizana, we aba yararihawe inshuro 4 cyangwa 5.

Tags: NobelRdcTrumpU Rwanda
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Putin ibyo yatangaje byatunguye benshi.

Perezida Putin ibyo yatangaje byatunguye benshi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?