• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

minebwenews by minebwenews
July 26, 2025
in Conflict & Security
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi ngo asigaranye ibintu bibiri gusa, ubundi ibintu bigahinduka.

You might also like

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ngo asigaranye kwegura cyangwa agahunga, bitaba ibyo agukurwa ku butegetsi.

Byatangajwe na Corneille Nangaa umuhuza bikorwa w’ihuriro rya AFC/M23, aho yakoresheje urubuga rwa x, agira ati: “Tshisekedi asigaranye kwegura ku butegetsi, cyangwa agahunga bitaba ibyo tukamukuraho.”

Nangaa yavuze ko RDC irimo ibibazo mu buryo budasubirwaho, kandi ko ibyo bibazo biri mu gihugu hose.

Yongeye avuga ko ikibazo cy’umutekano atari icyo kiri muri RDC gusa, ahubwo ko hari n’ibibazo bya politiki.

Yagize ati: “Ni ikibazo cya politiki kandi gifite impande nyinshi. Igisubizo kuri iki kibazo na cyo kigomba kuba icy’igihugu kandi cyagutse. Guhakana uku kuri, ni ukwigizayo uburyo bwose bugamije igisubizo, bityo ikibazo kizakomeza gufata igihe, kandi kigire ingaruka zisenya byinshi.”

Corneille Nangaa yavuze kandi ko abashigikiye ubutegetsi bw’i Kinshasa bavuga ko nyuma y’amasezerano y’i Washington igihe cyose, ibyo asanga ari ukwibeshya.

Yavuze ko AFC/M23 mu gihe gito yabashije gutsinda ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, mu bijyanye no gukoma mu nkokora itegeko nshinga, no kuba ngo ubwishongozi yari afite ubu ntabwo akigaragaza.

Yakomeje avuga ko kuba AFC/M23 iri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, ari ingaruka zo gutsindwa kwa Tshisekedi.

Yashimangiye ko kuva kwa AFC/M23 muri ziriya ntara bizaba igihe izaba igenzura igihugu cyose.

Avuga ko batazongera guhunga, asaba abaturage ba RDC bahunze gutahukira mu bice AFC/M23 igenzura.

Nyamara nubwo ari uko abivuga, ariko Leta yo ivuga ko amasezerano y’i Doha agaragaza ko aho AFC/M23 igenzura izahava hagashyirwa ubutegetsi bwa Leta ya RDC.

Ibyo nibyo AFC/M23 ikomeje gutera utwatsi, ivuga ko nta na metero imwe izarekura, kandi ko ntaho byemejwe.

Hejuru yibyo, nubwo impande zihanganye zumvikanye guhagarika imirwano muri biriya biganiro by’i Doha muri Qatar, ariko imirwano ikomeje kubica bigacika mu Burasirazuba bw’igihugu.

Haba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, bararwana umunsi ku wundi.

Tags: KwegurazguhungaNangaaTshisekedi
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw'abasivili benshi Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z'intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n'abaturage bihitana abatari bake....

Read moreDetails

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyohereje Brigadier General Amuli Civiri na Brigadier General Ilunga Kabamba mu mujyi...

Read moreDetails

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryabyukiye mu mirwano na Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru Mu gihe imirwano yongeye kuremera muri Kivu y'Amajyaruguru hagati y'Ingabo za Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails

Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
October 22, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y'Amajyepfo Amakuru aturuka muri Kivu y'Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko imirwano yakomeye...

Read moreDetails
Next Post
Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika.

Intambara hagati ya Cambondia na Thailand ikomeje kubica bigacika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?