• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n’umuriro.

minebwenews by minebwenews
October 26, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n’umuriro.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n’umuriro.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umunyapolitiki wo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, Martin Fayulu, yatangaje ko umugambi perezida Félix Tshisekedi afite wo guhindura itegeko nshinga umeze nko gukina n’umuriro ushobora ku mutwika.

Ni mu gihe ibi byatangajwe na perezida Félix Tshisekedi ku itariki ya 23/10/2024, ubwo yari mu ruzinduko i Kisangani, yatangaje ko itegeko nshinga rikwiye guhinduka ngo kuko “ryandikiwe mu mahanga, ryandikwa n’abanyamahanga.”

Tshisekedi yavuze ko mu mwaka utaha azashyiraho komisiyo izaba igizwe n’abahanga bazaba bavanywe mu ngeri zitandukanye, izasuzuma ingingo zikwiye guhinduka muri iri tegeko.

Yagize ati: “Ntimungire ubwoba, itegeko ryacu rifite intege nke. Ni byiza ko abahanga bacu babitekerezaho. Kuvugurura cyangwa guhindura itegeko nshinga ntibikwiye kwitiranywa n’umubare wa manda kuko zo zisaba ko habaho amatora ya kamarampaka.”

Fayulu yatangaje ko mbere yo gutekereza kuvugurura itegeko nshinga, Tshisekedi akwiye kubanza gukemura ibibazo byugarije igihugu harimo ubutaka Leta itakigenzura, ubukene, ihungabana ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’ingaruka z’amatora ataranyuze mu mucyo.

Yagize ati: “Tshisekedi ari gukina n’umuriro nk’umwana. Ntabwo tuzamwemerera ko akora ku itegeko nshinga. Ntabwo itegeko nshinga ari ryo ryatumye uduce turenga 115 mu gihugu tugenzurwa n’ingabo zo hanze, kandi si cyo cyatumye Leta ikoresha nabi amafaranga.”

Moïse Katumbi na we utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa aherutse gutangaza ko icyo perezida Félix Tshisekedi agambiriye ari ukongera umubare wa manda z’umukuru w’igihugu, aca amarenga ko na we azarwanya uyu mugambi.
Yagize ati: “Ntabwo ikibazo kiri muri RDC gifite aho gihurira n’itegeko nshinga. Hari ikibazo cy’imiyoborere. Ni cyo gituma mvuga ko Félix Tshisekedi agomba kurangiza manda ye, akagenda. Nyuma y’ubutegetsi bwe hari ubuzima. Ibyo agomba kubimenya.”

Nubwo Tshisekedi avuga ko manda z’umukuru w’igihugu zitazarenga zibiri, ariko umunyamabanga mukuru w’ishyaka UDPS rya perezida Félix Tshisekedi, we yagaragaje ko yifuza ko manda yarenga imyaka itanu (5).

    Minembwe.Com
Tags: Martin FayuluTshisekediumuriro
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibitero by’ingabo z’u Burusiya kuri Kiev, ngo byari bikaze.

Ibitero by'ingabo z'u Burusiya kuri Kiev, ngo byari bikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?