• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, January 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Perezida Tshisekedi Yaburiye Abaminisitiri ku Magambo Batangaza Batabiherewe Uburenganzira

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 10, 2026
in Conflict & Security
0
RDC: Tshisekedi Yagaragaje Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro na AFC/M23, Ariko Ategeka Aho Bigomba Kubera
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi Yaburiye Abaminisitiri ku Magambo Batangaza Batabiherewe Uburenganzira

You might also like

Guverinoma ya RDC Yashyizeho Amabwiriza Akomeye Agenga Itangazamakuru rya Leta

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatanze umuburo ukomeye ku baminisitiri bagenda batangaza amagambo bataherewe uburenganzira bwa Guverinoma, ashimangira ko iyo myitwarire ishobora gushyira mu kaga umutekano w’igihugu ndetse n’imibanire yacyo n’amahanga.

Uyu muburo watanzwe binyuze kuri Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka, mu nama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 09/01/2026. Minisitiri w’Intebe yasobanuriye abagize Guverinoma ko ubutumwa bujyanye n’igihugu, cyane cyane ku ngingo zikomeye, butagomba gutangwa mu buryo bwihutirwa cyangwa butatekerejweho neza.

Yagize ati: “Amagambo arebana n’igihugu, by’umwihariko ajyanye n’igisirikare, umutekano, imibereho y’abaturage n’imibanire mpuzamahanga, agomba gutangwa hashingiwe ku mabwiriza asobanutse atangwa na Perezida wa Repubulika.”

Abaminisitiri bibukijwe ko itangazamakuru n’itumanaho rya Guverinoma bigenzurwa na Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru, kandi ko amagambo yose ajyanye n’ingingo zikomeye z’igihugu agomba kubanza kwemezwa hakurikijwe umurongo wa politiki wa Perezida Tshisekedi.

Basabwe kubahiriza ayo mabwiriza mu buryo bukomeye, hagamijwe “kwirinda gushyira mu kaga dipolomasi n’umutekano w’igihugu,” banaburirwa ko uzayirengaho atazihanganirwa na Guverinoma.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko, kuva mu mpera z’umwaka wa 2025, amagambo amwe n’amwe yatangajwe n’abayobozi bakuru ba Leta, cyane cyane abaminisitiri, yatumye Guverinoma ishyirwa mu majwi n’amahanga ndetse n’imbere mu gihugu.

Tariki ya 05/01/2026, Minisitiri w’Ubuhinzi, Muhindo Nzangi, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X ko ingabo za RDC zari zavuye mu mujyi wa Uvira, nubwo abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 batari bakawugeramo. Yongeyeho ko iyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitagira icyo zisaba abarwanyi ba AFC/M23, baba baranashoboye gufata Umujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika, bitewe n’uko ngo ingabo zari ziwurinzwe zari nke.

Nyuma y’iminsi ibiri, Minisitiri ushinzwe Ingengo y’Imari, Adolphe Muzito, yatangaje ko nubwo Joseph Kabila yakatiwe igihano cy’urupfu n’urukiko rwa RDC nyuma yo guhamywa ibyaha birimo ubugambanyi, we ku giti cye atamufata nk’umwanzi w’igihugu.

Joseph Kabila yayoboye RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Ubutegetsi buriho bwa Perezida Tshisekedi bumushinja kuba ari we uyobora ihuriro AFC/M23, bumufata nk’umwanzi uhungabanya umutekano w’igihugu, ndetse ukekwaho umugambi wo kugirira nabi Umukuru w’Igihugu.

Si abaminisitiri gusa bagize uruhare mu mvururu z’amagambo, kuko n’uwahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Général-Major Sylvain Ekenge, yagarutsweho cyane nyuma yo gutangaza amagambo yafashwe nk’ashishikariza ivangura. Yavuze ko gushaka Umunye-Congo w’Umututsikazi bisaba kwitonda, ngo kuko “batabyarana n’abo badahuje ubwoko.”

Aya magambo yatumye akurwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo, kuko yashyizwe mu rwego rw’imvugo zibiba urwango, nubwo Leta ya RDC yahakanye ku mugaragaro ko ishyigikiye bene iyo mvugo.

Uyu muburo wa Perezida Tshisekedi ugaragaza ubushake bwo gushyira iherezo ku magambo adahuye n’umurongo wa Leta, hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu, kurinda icyubahiro cya RDC ku rwego mpuzamahanga, no gukumira ibitekerezo byashobora kongera gucamo ibice sosiyete y’Abanye-Congo.

Tags: AmagamboMinisitiriRdcTshisekediumuburo
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Guverinoma ya RDC Yashyizeho Amabwiriza Akomeye Agenga Itangazamakuru rya Leta

by Bahanda Bruce
January 11, 2026
0
Guverinoma ya RDC Yashyizeho Amabwiriza Akomeye Agenga Itangazamakuru rya Leta

Guverinoma ya RDC Yashyizeho Amabwiriza Akomeye Agenga Itangazamakuru rya Leta Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, yatangaje ko imvugo ya Leta igomba kuyoborwa n’amabwiriza...

Read moreDetails

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC

Joseph Kabila Ashobora Kugirwa Umwere mu Mboni z’Impinduka za Politiki muri RDC Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushakisha inzira ziganisha ku bwumvikane bwa politiki, amakuru...

Read moreDetails

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Inzirakarengane za Masisi Zashyinguwe mu Cyubahiro, AFC/M23 Yanenze Ibyo Yita Ubugizi bwa Nabi bw’Ibitero by’Indege

AFC/M23 Yahamije Ko Yashinze Imizi muri Kivu, Igaragaza ko i Goma na Bukavu Leta ya Kinshasa Itazongera Kuhagera Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryamaze kugarura umutekano...

Read moreDetails

Abaturage bo Mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Abaturage bo Mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda

Abaturage Bo mu majyepfo y’u Burundi Bugarijwe n’Impungenge Ziturutse ku Kwiyongera kw’Ingabo ku Mipaka n’u Rwanda Kuva tariki ya 07/12/2025, koherezwa ku bwinshi kw’ingabo z’igihugu cy’u Burundi (FDNB)...

Read moreDetails

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

by Bahanda Bruce
January 10, 2026
0
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda Perezida João Lourenço wa Angola yatumiye i Luanda umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), abisabwe na...

Read moreDetails
Next Post
Ese Amerika Yashobora Gutsinda Intambara Iyirwana Yonyine? Amateka Arabivuga Mu Gihe Impaka ku Gusenya NATO Zikomeje

Perezida Trump Yasobanuye Impamvu Amerika Ishaka Kwigarurira Greenland

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?