Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 25, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo yatangaje ko umwanzi ahanganye nawe ari perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Ni amagambo uyu mukuru w’igihugu cya RDC yavugiye i Kisangani aho yagiriye uruzinduko ku wa Gatatu w’iki Cyumweru turimo.

Nk’uko bizwi uru ruzinduko Tshisekedi yarimo rwari urwo gutaha ikibuga cy’indege cya Bangboka cyubatswe muri ibyo bice byo muri Kisangani.

Mu ijambo perezida Félix Tshisekedi yagejeje ku baturage bari bitabiriye uwo muhango, yababwiye ko “ubutegetsi bw’u Rwanda ari umwanzi ukomeye RDC ifite muri iki gihe.”

Tshisekedi yagize ati: “Ni ubutegetsi bwa Kagame ni we mwanzi wacu kuri none. Ntabwo ari Abanyarwanda bose. Nirinze ku muvuga mu izina, Paul Kagame, ngo muha icyubahiro, ariko ubu siko biri. Tugomba kumwerekana.”

Tshisekedi kandi yavuze ko hari abandi banzi, kandi ko badashobora kwigarurira imitima y’abaturage be. Muri abo yise abanzi batabasha kwigarurira imitima y’abaturage be, ngo harimo ab’imbere mu gihugu n’abo hanze.

Yanagarutse ku ntambara y’iminsi itandatu yabereye i Kisangani, icyo gihe ingabo z’u Rwanda zarasanye n’iza Uganda kuva tariki ya 05 kugeza tariki ya 10 z’ukwezi kwa Cumi mu mwaka w’ 2000.

Icyo gihe urukiko rwemeje ko Uganda ariyo nyiribayazana yemera no gutanga agera kuri miliyoni 325 z’amadolari y’Amerika, y’impozamarira na miliyoni 195 z’amadolari yo guha imiryango y’abantu 1000 bapfuye, n’abandi 3000 bakomeretse.

Sibyo byonyine Tshisekedi yavugiye i Kisangani kuko yavuze ko agiye guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu, avuga ko iri hari ryakozwe n’abanyamahanga.

Yavuze ko itegeko nshinga ririmo ibibazo, ariko abaturage badakwiye kugira ubwoba ko ibirimo bipfuye biteje ikibazo bizigwa n’impuguke, itegeko rikazahinduka byemejwe na Referendum.

           MCN.
Tags: KisanganiTshisekediUmwanzi
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n’umuriro.

Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n'umuriro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?