• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.

minebwenews by minebwenews
October 25, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yavuze umwanzi ahanganye nawe byanyabyo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo yatangaje ko umwanzi ahanganye nawe ari perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Ni amagambo uyu mukuru w’igihugu cya RDC yavugiye i Kisangani aho yagiriye uruzinduko ku wa Gatatu w’iki Cyumweru turimo.

Nk’uko bizwi uru ruzinduko Tshisekedi yarimo rwari urwo gutaha ikibuga cy’indege cya Bangboka cyubatswe muri ibyo bice byo muri Kisangani.

Mu ijambo perezida Félix Tshisekedi yagejeje ku baturage bari bitabiriye uwo muhango, yababwiye ko “ubutegetsi bw’u Rwanda ari umwanzi ukomeye RDC ifite muri iki gihe.”

Tshisekedi yagize ati: “Ni ubutegetsi bwa Kagame ni we mwanzi wacu kuri none. Ntabwo ari Abanyarwanda bose. Nirinze ku muvuga mu izina, Paul Kagame, ngo muha icyubahiro, ariko ubu siko biri. Tugomba kumwerekana.”

Tshisekedi kandi yavuze ko hari abandi banzi, kandi ko badashobora kwigarurira imitima y’abaturage be. Muri abo yise abanzi batabasha kwigarurira imitima y’abaturage be, ngo harimo ab’imbere mu gihugu n’abo hanze.

Yanagarutse ku ntambara y’iminsi itandatu yabereye i Kisangani, icyo gihe ingabo z’u Rwanda zarasanye n’iza Uganda kuva tariki ya 05 kugeza tariki ya 10 z’ukwezi kwa Cumi mu mwaka w’ 2000.

Icyo gihe urukiko rwemeje ko Uganda ariyo nyiribayazana yemera no gutanga agera kuri miliyoni 325 z’amadolari y’Amerika, y’impozamarira na miliyoni 195 z’amadolari yo guha imiryango y’abantu 1000 bapfuye, n’abandi 3000 bakomeretse.

Sibyo byonyine Tshisekedi yavugiye i Kisangani kuko yavuze ko agiye guhindura itegeko nshinga ry’iki gihugu, avuga ko iri hari ryakozwe n’abanyamahanga.

Yavuze ko itegeko nshinga ririmo ibibazo, ariko abaturage badakwiye kugira ubwoba ko ibirimo bipfuye biteje ikibazo bizigwa n’impuguke, itegeko rikazahinduka byemejwe na Referendum.

           MCN.
Tags: KisanganiTshisekediUmwanzi
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n’umuriro.

Perezida Tshisekedi wa RDC yabwiwe ko ari gukina n'umuriro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?