• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 12, 2025
in Regional Politics
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye perezida w’u Rwanda ubwo yamusabaga ibiganiro bari i Brussel mu Bubiligi.

Ni mu kiganiro Tshisekedi yakoze i Kinshasa asubiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, aho bamushinja gupfukamira perezida Kagame amusaba kugirana na we ibiganiro.

Ku wa kane muri iki cyumweru tariki ya 09/10/2025, nibwo Tshisekedi yavugiye ijambo mu Bubiligi mu nama ya Global Gateway Forum, iryo jambo rikaba ryarateye urujijo ku migambi ihamye afitiye igihugu mu bijyanye no kurangiza intambara mu Burasirazuba bwacyo.

Ni ijambo ryatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bavuga ko yashujuguje igihugu, ndetse anagaragaza ko kitagira umurongo uhamye mu gushaka igisubizo ku bibazo biri muri iki gihugu cya RDC.

Tshisekedi mu kwisobanura yavuze ko yashatse kugaragariza Abanye-kongo baba mu Bubiligi utera igihugu cyabo, ndetse kandi ngo akaba yaranasabaga amahanga kugira icyo abikoraho.

Yagize ati: “Nta banga ririmo ibyo navuze hari ku mugaragaro, nemeye ibiganiro ku muntu uhagarariye Ingabo zateye Congo kugira ngo mu tange ku isi yose. Kubera ko ntabwo akenshi mumenya ibibera muri dipolomasi, badufata nk’abashyira imbere intambara kandi aritwe ifiteho ingaruka, dufite uburenganzira bwo kwitabara nk’abatewe, icyo gihe twabikora bakatugira abantu badashaka amahoro bashaka intambara, nashaka kwereka isi yose ko ibyo atari byo, ko turi aba mbere bakeneye amahoro, nemeye ibiganiro kugira ngo na we yisobanure, mwumvise igisubizo cye.”

Tshisekedi avuga ko yagiye ngo yerekane ko bashyize hanze ikinyoma, ariko ngo icyo kinyoma kiragenda kikagera no mu gihugu imbere aho hari abasaba ibiganiro, bakavuga ko Tshisekedi adashaka ibiganiro.

Tshisekedi yashimangiye ko adateze kuganira n’abanzi ngo nkeretse bakamwica, ngo na ho igihe azaba ariho bitazabaho.

Anavuga kandi ko atazicarana n’abamubwira kuvanga ingabo, ngo batuma mu nzego za Leta hajyamo abantu bafite ubwenegihugu bushidikanywaho.

Perezida Tshisekedi avuga ko abavuga ibyo batazi babareka bakavuga kuko azi ibyo ashakira igihugu, ndetse ngo ntabwo azigera aba umunyantege nke.

Avuga ko gusaba ibiganiro na perezida Paul Kagame atazita ku gisubizo yabonye, ko hari abo byakoze ku bwonko bakiri ku bitekerezaho kandi bazamusabiza.

Bikaba bizwi ko igisubizo u Rwanda rwahaye perezida Felix Tshisekedi, rwamusubije ko ibyo yavuze ari “comedie politique,” ko ari we ubwe ufite igisubizo cy’ibibazo byose RDC irimo.

Tags: TshisekediYivuguruje
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails

Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda

Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yasabye ko yahuza imbaraga na perezida Paul Kagame w'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Igihugu cy’igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Igihugu cy'igihangange ku isi cyavuze ku byo gusenya FDLR

Comments 1

  1. Butoto says:
    23 hours ago

    Nyakubahwa Prezida Kagame yamusubizanyije ubwenge bwinshi.
    Cane ko yirinze kumusubiriza aho yikomereza kuvuga speech ye atitaye kubyo Tchilombo yavuze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?