• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Tshisekedi yivumburiye mu nama ya OIF, ahita ataha itarangiye.

minebwenews by minebwenews
October 6, 2024
in Uncategorized
0
Perezida Tshisekedi yivumburiye mu nama ya OIF, ahita ataha itarangiye.
110
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yivumburiye mu nama ya OIF, ahita ataha itarangiye.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yavuze ko yateganyaga guhuriza hamwe perezida Paul Kagame w’u Rwanda na perezida Félix Tshisekedi wa RDC bakaganira, ubwo bose bari mu Bufaransa aho bitabiriye inama y’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF), ariko ntibyaba kuko Tshisekedi yivumbuye ahita ataha iyi nama itararangira.

Tshisekedi ubwo yari mu biganiro bisoza inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma byo mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, OIF, yari imaze iminsi ibera i Paris mu Bufaransa Emmanuel Macron yavuze ko akirajwe inshinga n’ibibazo bigikomeje hagati ya RDC n’u Rwanda.

Ibi Emmanuel Macron yabivuze nyuma y’uko umunyamakuru yari amaze kumubaza niba agifite gahunda yo kunga u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, undi nawe asubiza ko akibirimo, ndetse atanga n’ikimenyetso ko tariki ya 04/10/2024 yahuye na perezida Félix Tshisekedi naho mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 05/10/2024 agahura na perezida Paul Kagame.

Yanagaragaje ko muri uku guhura, yamenyesheje bagenzi be ko u Bufaransa n’umuryango wose wa Francophonie byifuza ko amahoro n’umutekano byagaruka mu Burasirazuba bwa RDC.

Mu biganiro Tshisekedi yari yagiranye na Emmanuel Macron ku wa Gatanu, amakuru avuga ko byamaze isaha . Ikimenyimenyi intumwa za RDC zavuze ko ibyo biganiro byagenze neza, gusa zivuga ko zifuza ko perezida Emmanuel Macron yaja mu ruhande rwa Leta ya Kinshasa akamagana u Rwanda.

Umwe mu bantu ba Tshisekedi, ukora mu biro bye yagize ati: “Emmanuel Macron yamagane u Rwanda, nabikora gutyo, ibyo nibyiza. Turanamusaba ko yashyiriraho u Rwanda ibihano.”

Yashimangiye ibi avuga ko RDC yifuza ko ngo nk’uko Macron yafashe uruhande rwa Maroc mu kibazo cyayo na Algerie, ko yerura akavuga ko ashyigikiye iki gihugu, ari ku ruhande rwacyo.

Hagati aho, perezida Emmanuel Macron yavuze ko u Bufaransa na OIF basaba ko u Rwanda na Congo Kinshasa byakomeza ibiganiro by’i Luanda kugira ngo bigere ku mahoro arambye, ndetse ngo ibi ninabyo yari yabwiye Tshisekedi na Kagame.

Amakuru avuga ko Tshisekedi atigeze yitabira umunsi wa Kabiri w’inama ya OIF kuko bivugwa ko yahise afata indege asubira i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo. Bivugwa ko yarakariye perezida Emmanuel Macron ngo kuko mu nama yo ku itariki ya 04/10/2024 atavuze byeruye ikibazo cy’intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Ibyo byabaye mu gihe ku wa Gatandatu hari habaye inama yo mu muhezo, yari yitabiriwe gusa n’abakuru b’ibihugu, ihagararirwa na Bestine Kazadi, minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Francophonie.

Aya makuru anahamya ko Tshisekedi atitabiriye umusangiro w’abakuru b’ibihugu ku ifunguro rya saa sita ryatangiwe muri petit palais. Mu masaha ya nyuma ya saa sita, yagaragaye ku kibuga cy’indege, abantu ba hafi ye bavuga ko atari yishimye, kuko yari arakajwe n’imyitwarire ya Macro mu kibazo cya RDC n’u Rwanda.

Ku ruhande rwa Tshisekedi, Abanyekongo bari kumwe nawe, umwe yagize ati: “Turabizi ko Emmanuel Macron ashaka gukora inshingano z’ubuhuza, ariko niba ari uko bimeze, ntibivuze ngo abogame.”

Uyu yanavuze kandi ko dipolomasi ya Macron yabababaje kuko ngo yagiranye ibiganiro byiza na Tshisekedi, nyuma agakora imbwirwaruhame ihabanye n’ibyo bari biteze.

Abanyekongo bavuye i Paris barakaye cyane, nk’uko aya makuru abivuga.

             MCN.
Tags: I Paris mu BufaransaTshisekediYivumbuye
Share44Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post
Israel yagaragarije Isi ibikomeye izageraho nubwo itobona ubufasha.

Israel yagaragarije Isi ibikomeye izageraho nubwo itobona ubufasha.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?