Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yongeye gutsemba avuga ko atazaganira na M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 21, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yongeye gutsemba avuga ko atazaganira na M23.
86
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yongeye gutsemba avuga ko atazaganira na M23.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko Leta ye itazigera igirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Tshisekedi yabitangarije mu biganiro yagiranye n’abaminisitiri bo muri Leta ye, ku itariki ya 20/12/2024.

Bikaba byasobanuwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya, ubwo yatangazaga ibyavugiwe mu nama y’abaminisitiri; yavuze ko “umukuru w’igihugu, Félix Tshisekedi, yashimangiye umurongo wa RDC wo kwanga yivuye inyuma ibiganiro byayihuza na M23.”

Uyu muvugizi, yavuze ko impamvu RDC itazaganira na M23 ari uko uyu mutwe waranzwe n’ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage n’ubusugire bw’iki gihugu, ariko uyu mutwe wagiye usobanura ko urinda abaturage, ndetse no mu bice ugenzura, abaturage benshi bakomeje kuhahungira.

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yongeye gushimangira ibyo kutaganira na M23 mu gihe ku mugoroba wo ku wa kane, yakoze impunduka mu gisirikare, ariko kandi uwo mutwe wo ukomeje kwigarurira ibice byinshi muri teritware za Lubero, Walikale n’ahandi.

Nyamara kandi, uyu mutwe wa M23 ubinyujije mu muvugizi wayo mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, wari uheruka gutangaza ko “udateze kwitabira ibiganiro RDC ihuriramo n’imitwe yitwaje imbunda ikorana byahafi n’iyi Leta ya Kinshasa.

Avuga kandi ko uyu mutwe wa M23 uzemera gusa ibiganiro bizayihuza n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati: “Umuryango wacu ushimangira ko wiyemeje gukemura amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya, binyuze mu biganiro bitaziguye kandi by’ukuri na Guverinoma ya Kinshasa, bikemura impamvu muzi z’aya makimbirane.”

Tags: ibiganiroM23Tshisekedi
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Umwe mu bayobozi bo muri M23 yagize icya bwira Lt Gen Masunzu watumwe mu gace barwaniramo.

Umwe mu bayobozi bo muri M23 yagize icya bwira Lt Gen Masunzu watumwe mu gace barwaniramo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?