Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje intambara nshya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 30, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje intambara nshya.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje intambara nshya.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Hari ku munsi mukuru w’igihugu cy’u Burusiya wabaye ku cyumweru tariki ya 28/07/2024, wo kwerekana Ingabo zo mu mazi aho yagarutse ku mishinga ya Amerika anagaragaza ko igihugu cye ko kigiye kwinjira mu ntambara nshya.

Nk’uko biri gutangazwa cyane n’ibinyamakuru byinshi byo hirya no hino ku isi, uyu munsi mukuru w’igihugu cy’u Burusiya wo kwerekana Ingabo zo mu mazi, wabereye mu gace kitwa i Saint-Petersbourg. Uyu muhango ukaba ukorwa buri mwaka muri iki gihugu cy’u Burusiya.

Bwana Vladimir Putin mu ijambo rye, yashimiye abasirikare bo mu mazi bitabariye uyu muhango, ab’u Burusiya, ab’u Bushinwa, Algeria na India, maze ababwira ko leta y’iki gihugu ko igiye guteza imbere Ingabo zirwanira mu mazi.

Yagize ati: “Ndishimye cyane kwakira mu muhango mukuru wo kwerekana Ingabo zo mu mazi abasirikare bakoresha amato bo mu Burusiya, u Bushinwa ndetse n’ab’u Buhinde.”

Nyuma yaje gukomoza ku mishinga ya Amerika yo gushyira misile zifite ubushobozi bwo kugera kure mu gihugu cy’u Budage, abigereranya n’igihe cy’intambara zabayeho mu minsi yakera, anavuga ko u Burusiya nabwo bugiye gufata ingamba nshya kandi ko bwiteguye intambara nshya igiye kwaduka.

Ati: “Niba leta Zunze Ubumwe z’Amerika zishyira mu bikorwa iyi mishinga, tuzafata ko tutakiri kubahiriza amasezerano yo kudashyira imbunda zifite ubushobozi bwo kugera kure no mu ntera ngufi, harimo no kongera ubushobozi bw’Ingabo zacu zo ku nkombe z’amazi. Uyu munsi, iterambere ry’izi ntwaro rigeze ku rwego rwanyuma. Tuzafata ingamba zisa zo kuzikoresha, duhereye ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’abafatanya bikorwa bayo mu Burayi no mu bindi bice by’isi.”

Mu gosoza ijambo rye, perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yashimiye igisirikare cye, cyo mu mazi kiri mu ntambara muri Ukraine, avuga ko uburyo kirwana iyo ntambara kari mu buryo bwa gitwari.

              MCN.
Tags: Intambara nshyaU Burusiya
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye andi makuru yimbitse, avuga ku ruzinduko Justin Bitakwira arimo muri Kivu y’Amajy’epfo.

Hamenyekanye andi makuru yimbitse, avuga ku ruzinduko Justin Bitakwira arimo muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?