Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 22, 2024
in World News
0
Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Umukuru w’igihugu cy’u Burusiya, Vladimir Putin, yaburiye u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika biha Ukraine ubufasha bw’ibibunda ikarasa mu gihugu cye, ko nawe ashobora gukora ibindi biruta ibyo akarasa muri ibyo bihugu.

Ibi byatangajwe na perezida Vladimir Putin nyuma y’iminsi mike Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza bihaye Ukraine uburenganzira bwo kurasa ku Burusiya ikoresheje misile zirasa kure.

Bwana Vladimir Putin, ibi yabitangaje mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatanu, abitangariza kuri televisiyo nkuru y’iki gihugu cy’u Burusiya, avuga ko igisirikare cye kizasubiza byimazeyo biriya bihugu ku bwiyongere bw’ibikorwa byubugizi bwa nabi.

Yashimangiye ibi agira ati: “Twizere ko dufite uburenganzira bwo gukoresha imbunda zacu tugaba ibitero ku bikorwa remezo bya gisirikare by’ibihugu byemeye ko intwaro zabyo zikoreshwa mu kugaba ibitero ku bikorwa remezo byacu.”

Tariki ya 11/11/2024, ni bwo perezida Joe Biden yemereye Ukraine kurasa mu Burusiya ikoresheje za misile zirasa kure, igihugu cye yayihaye.

Maze ku munsi wakurikiyeho u Burusiya na bwo buhita bukoresha misile zo mu bwoko bwa ATACMS zikoreshwa na Amerika Ukraine yari yarakoresheje iburasaho.

Mu gihe ku wa gatatu ho, u Burusiya naho bwatangaje ko bwakoreshe izindi misile zo mu bwoko bwa Storm Shadow Ukraine yahawe n’u Bwongereza.

Perezida Vladimir Putin yavuze ko mu gusubiza biriya bitero ku wa kane igisirikare cye cyagerageje kurasa mu mujyi wa Dnipro wo muri Ukraine igisasu kizwi nka intermediate-range misile.

Yanavuze kandi ko ubwirinzi bw’ikirere cya Ukraine butashoboye kuyishwanyaguza, kuko kiriya gisasu gifite umuvuduko ukubye uw’ijwi incuro 10.

Hagati aho, Ukraine ku wa kane, biciye muri perezida Volodymyr Zelensky, yatangaje ko u Burusiya bwarashe ibisasu mu gihugu cye, bukoresheje misile zambukiranya imigabane, zizwi nka ICBM . Gusa minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yavuze ko misile u Burusiya bwarashe iri munsi y’icyo gisasu.

Tags: AmerikaPutin VladimirU Bwongereza
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post
FDLR, ingabo z’u Burundi, n’indi mitwe y’itwaje intwaro,  mu mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

FDLR, ingabo z'u Burundi, n'indi mitwe y'itwaje intwaro, mu mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?