• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.

minebwenews by minebwenews
November 22, 2024
in World News
0
Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Vladimir Putin yagize icyatangariza u Bwongereza n’Amerika gikangenye.

You might also like

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Umukuru w’igihugu cy’u Burusiya, Vladimir Putin, yaburiye u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika biha Ukraine ubufasha bw’ibibunda ikarasa mu gihugu cye, ko nawe ashobora gukora ibindi biruta ibyo akarasa muri ibyo bihugu.

Ibi byatangajwe na perezida Vladimir Putin nyuma y’iminsi mike Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza bihaye Ukraine uburenganzira bwo kurasa ku Burusiya ikoresheje misile zirasa kure.

Bwana Vladimir Putin, ibi yabitangaje mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatanu, abitangariza kuri televisiyo nkuru y’iki gihugu cy’u Burusiya, avuga ko igisirikare cye kizasubiza byimazeyo biriya bihugu ku bwiyongere bw’ibikorwa byubugizi bwa nabi.

Yashimangiye ibi agira ati: “Twizere ko dufite uburenganzira bwo gukoresha imbunda zacu tugaba ibitero ku bikorwa remezo bya gisirikare by’ibihugu byemeye ko intwaro zabyo zikoreshwa mu kugaba ibitero ku bikorwa remezo byacu.”

Tariki ya 11/11/2024, ni bwo perezida Joe Biden yemereye Ukraine kurasa mu Burusiya ikoresheje za misile zirasa kure, igihugu cye yayihaye.

Maze ku munsi wakurikiyeho u Burusiya na bwo buhita bukoresha misile zo mu bwoko bwa ATACMS zikoreshwa na Amerika Ukraine yari yarakoresheje iburasaho.

Mu gihe ku wa gatatu ho, u Burusiya naho bwatangaje ko bwakoreshe izindi misile zo mu bwoko bwa Storm Shadow Ukraine yahawe n’u Bwongereza.

Perezida Vladimir Putin yavuze ko mu gusubiza biriya bitero ku wa kane igisirikare cye cyagerageje kurasa mu mujyi wa Dnipro wo muri Ukraine igisasu kizwi nka intermediate-range misile.

Yanavuze kandi ko ubwirinzi bw’ikirere cya Ukraine butashoboye kuyishwanyaguza, kuko kiriya gisasu gifite umuvuduko ukubye uw’ijwi incuro 10.

Hagati aho, Ukraine ku wa kane, biciye muri perezida Volodymyr Zelensky, yatangaje ko u Burusiya bwarashe ibisasu mu gihugu cye, bukoresheje misile zambukiranya imigabane, zizwi nka ICBM . Gusa minisiteri y’ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yavuze ko misile u Burusiya bwarashe iri munsi y’icyo gisasu.

Tags: AmerikaPutin VladimirU Bwongereza
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails
Next Post
FDLR, ingabo z’u Burundi, n’indi mitwe y’itwaje intwaro,  mu mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

FDLR, ingabo z'u Burundi, n'indi mitwe y'itwaje intwaro, mu mugambi wo kurimbura Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?