Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida wa Afrika y’Epfo yavuze ko yungutse isomo rishya ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 8, 2024
in Regional Politics
0
Perezida wa Afrika y’Epfo yavuze ko yungutse isomo rishya ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Cyril Ramaphosa wari mu bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yavuze ko yavanye isomo rishya ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni ku munsi w’ejo hashize n’ibwo Cyril Ramaphosa, wa Afrika y’Epfo yuriye indege asubira mu gihugu cye nyuma y’uko yari yageze i Kigali ahagana ku mugoroba wo k’uwa Gatandatu.

Igihugu cya Afrika y’Epfo ni kimwe mu bihugu byo mu muryango wa SADC byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa RDC kurwanya M23.

Mu kiganiro yatanze mbere y’uko yurira indege asubira mu gihugu cye, perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko hakenewe igisubizo cya politiki ku bibazo biri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Yagize ati: “Mvuye mu Rwanda mfite umuhate, n’ubushake ko tugomba gushaka igisubizo kiganisha kuri politiki ku bibazo bihari, abaturage ba Congo bakeneye amahoro, kimwe n’uko ab’u Rwanda bayakeneye, bityo twese hamwe harimo na SADC tugomba gukorera hamwe ngo amahoro aboneke.”

Byari byanatunguranye kuba yaraje kwifatanya na Banyarwanda kw’ibuka ku nshuro ya 30 genocide yakorewe Abatutsi.

Akimara kugera i Kigali ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, yahise agirana ikiganiro na perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Ni ikiganiro cya bereye muri Convention center.

Umubano w’u Rwanda na Afrika y’Epfo w’igeze kuba mwiza mu bihe bya perezida Thabo Mbeki, ariko nyuma uza gusubira inyuma ubwo benshi mu bayobozi b’u mutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bwa Kigali bahabwaga ikaze muri Afrika y’Epfo. Birushaho kuba bibi mu mpera z’u mwaka ushize ubwo Afrika y’Epfo yohereje abasirikare muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

U Rwanda ruvuga ko ingabo za SADC zikorana n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo, zisanzwe zifitanye umubano wahafi na FDLR irimo abasize bakoze genocide mu Rwanda, mu 1994.

         MCN.
Tags: Hakenewe igisubizo cya politikiIsomo rishyaKu ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yiswe inshuti nyayo y’igihugu cya Israel.

Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame yiswe inshuti nyayo y'igihugu cya Israel.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?