Perezida wa Iran yakomerekeye mu gitero gikaze Israel yagabye iwe.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yakomerekeye mu gitero igisirikare cya Israel cyagabye i Tehran ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Iran.
Amakuru avuga ko iki gitero cya Israel yagikoze ubwo abategetsi ba Iran bari mu nama y’umutekano yarimo na perezida w’iki gihugu.
Ni nama aya makuru akomeza avuga ko yari iy’umutekano w’igihugu, kandi ko yabaye ku itariki ya 15/06/2025, aho ngo yari yabereye i Tehran kumurwa mukuru wayo.
Bivugwa ko aya makuru yashyizwe hanze n’umwe mu bayobozi b’iki gihugu ariko utaratangajwe amazina ye, nk’uko byatangajwe na CNN dukesha iyi nkuru.
Avuga ko icyo gitero ko cyari kigamije kwica abayobozi bo hejuru bimitwe itatu y’ubutegetsi bwo muri iki gihugu cya Iran.
Yavuze kandi ko iki gitero ko cyakozwe igihe c’isaha ya saa sita z’amanywa, ibisasu bitandatu ngo bikaraswa ku nyubako yabereyemo inama kugira ngo bifunge inzira zose zo guhunga, bikurikirwa no gucibwa k’umuriro.
Nyamara ngo kubw’amahirwe, perezida wa Iran n’abandi bayobozi bakuru babasha kurokoka banyuze mu mwobo wihutirwa wari wateguwe, ariko uyu Perezida Pezeshkian w’imyaka 70 y’amavuko agakomereka ku kuguru, ariko ngo bidakabije.