Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagize icyavuga ku ibura rya lisansi rikomeje guca ibintu muri iki gihugu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 20, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagize icyavuga ku ibura rya lisansi rikomeje guca ibintu muri iki gihugu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagize icyavuga ku ibura rya lisansi rikomeje guca ibintu muri iki gihugu.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni kuri iyi tariki ya 20/06/2024, perezida Evariste Ndayishimiye yujuje imyaka ine ayoboye i gihugu cy’u Burundi. Mu ijambo uyu mukuru w’igihugu yagejeje ku bene gihugu, yasobanuye ko muri iyi myaka amaze ayoboye Abarundi ko inzego zitandukanye z’u buzima bw’u Burundi zateye imbere ku buryo bufatika.

Yabivuze mu gihe bamwe mu Barundi barimo abadepite bamaze igihe bagaragaza ko ubukungu bw’iki gihugu bwahungabanye bitewe ahanini n’impamvu zirimo ibura rya lisansi, ibura rya mafaranga y’amanyamahanga afite agaciro kanini, abandi bagahamya ko abaturage bakenye mu buryo buri mu kigero kitegeze kibaho muri iki gihugu.

Ku kibazo cy’abavuga ko lisansi itakiboneka mu Burundi, perezida Ndayishimiye yagize ati: “Uyu munsi nshimishwa ko no mu magambo yo kwinuba numva, bavuga bati ‘tubuze iki’, ntibabuga ngo ‘tubuze amafaranga yo ku kigura.’ kandi n’icyo bavuga ko babuze si ikiva mu Burundi, kiva mu mahanga. Dushimishwa no kubona ko Abarundi batahuye ko turi kumwe twese bishoboka.”

Evariste Ndayishimiye yasobanuye ko mu rugamba rw’iterambere, habaho gutera intambwe ku yindi ariko ngo barakerewe kuko babanje kuba mu rwobo igihe kirekire, bityo ngo ni yo mpamvu bo basabwa gutera intambwe zibiri inshuro imwe.

Yagize ati: “Uno munsi Umurundi wese ashaka byose rimwe. Ni cyo gituma uwabifatira hejuru yavuga ko Abarundi ari indashima. Kuva mu 2020 byari ngombwa ko tureba ibiruta ibindi kuko imigeri ibiri idatereka.”

Mu kwezi kwa Kane, 2024, minisitiri w’intebe w’u Burundi, Gervais Ndirakobuca, yatangaje ko ibibazo by’ugarije iki gihugu ko bikomoka ku bihano cyafatiwe n’imiryango mpuzamahanga kuva mu 2015, bitewe n’umwuka wari mubi watutumbye muri politiki muri uwo mwaka, kandi ko igisubizo cyabyo kizaboneka vuba.

          MCN.
Tags: BurundiIburaLisansiPerezida Evariste NdayishimiyeYagize icyavuga
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Umuryango w’u bumwe bw’ibihugu by’u Burayi wagaragaje impungenge ufite mu gihe MONUSCO yava yose ku butaka bwa RDC.

Umuryango w'u bumwe bw'ibihugu by'u Burayi wagaragaje impungenge ufite mu gihe MONUSCO yava yose ku butaka bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?