• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.

minebwenews by minebwenews
July 4, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yishongoye ku mutwe wa M23, avuga ko ingabo ze za wukubise.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Ni mu birori iki gihugu cy’u Burundi giheruka kugira byo kwishimira umunsi w’u bwigenge ku nshuro ya 62, byari byabereye kuri stade Ingoma mu Ntara ya Gitega.

Muri ibi birori perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko ingabo z’igihugu cye zakubise zitababarira abarwanyi ba M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo. Ndetse yongeraho ko Ingabo ze ko zihagaze neza mu Burasirazuba bwa RDC kandi ko iki gihugu zirwaniramo kiri gutera imbere kubera Ingabo ze.

Imbere y’abaturage, Ndayishimiye yavuze ko bagiye kuzimya inzu y’umuturanyi kugira ngo umuriro utazabageraho ndetse yongeraho ko ibyo bakoreye umwanzi (M23) byatumye bifuza kubihoraho.

Yagize ati: “Iyo inzu y’umuturanyi wawe iri gushya, ugomba kwihutira kumufasha kuzimya umuriro, kubera ko iyi nkongi y’umuriro ishobora kwegera urugo rwa we,” bityo bikaba bifite inshingiro ko ingabo z’Abarundi ziri kumwe na FARDC n’izindi ngabo zirwanya M23.

Yakomeje agira ati: “RDC yagabweho igitero, kandi u Burundi bwohereje ingabo kugira ngo zibafashe, mu rwego rwo kugira ngo ibyo RDC irimo bitagera no mu gihugu cyacu.”

Nk’uko byatangajwe n’umukuru w’igihugu, ingabo z’Abarundi zakoze akazi keza, ku buryo umwanzi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangiye gutera ubwoba u Burundi.

Ati: “Ingabo z’u Burundi zarakoze zirashimwa , kugeza aho navuga ko umwanzi w’i gihugu cya RDC yanatangiye guhiga gutera u Burundi. Muhora mubyumva, ariko turabizi ko dufite ingabo zihagaze neza.”

Perezida w’u Burundi, yanasabye abaturage b’u Burundi, cyane cyane urubyiruko, kuba maso kandi ntibacike intege, kuko igihugu kiri gutera imbere.

Yabasabye kandi kwirinda ko umwanzi yabaca mu rihumye akoreka igihugu.

Nubwo perezida w’u Burundi yishongoye ku mutwe wa M23, ariko abasesenguzi bavuga ko nta gace kazwi ingabo ze, zigeze zikirukanamo M23, byibuze yewe ntanaho biratangazwa ko hari agace kangana na centimetre imwe zari zabirukanamo cyangwa ngo zigafate.

Ingabo z’u Burundi zatangiye ku rwana ku ruhande rw’ingabo za leta ya Kinshasa ahagana mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize, kuva icyo gihe kugeze ubu izo ngabo zihora zineshwa kandi M23 ikagira n’ibikoresho byinshi by’agisirikare ibambura kandi ikabohoza n’ubuce izo ngabo zigenzura, twavuga nka Kimoka yarimo ibirindiro bikomeye by’Igisirikare cy’u Burundi, Mushaki, Karuba n’ahandi henshi.

                 MCN.
Tags: M23NdayishimiyeYishongoye kuri uyu mutwe
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare ba FARDC 25 bakatiwe urwo gupfa bazira guhunga M23 mu ntambara iri kubera muri teritware ya Lubero.

Abasirikare ba FARDC 25 bakatiwe urwo gupfa bazira guhunga M23 mu ntambara iri kubera muri teritware ya Lubero.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?