• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y’isi anavuga ko u Burundi butunze.

minebwenews by minebwenews
October 28, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y’isi anavuga ko u Burundi butunze.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yakuriye inzira ku murima Bank y’isi anavuga ko u Burundi butunze.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashimangiye ko nta gihugu na kimwe gikize ku Isi kurusha igihugu cye, ndetse ahita anamenyesha Banki y’isi ko atagikeneye imfashanyo, kuko igihugu cye kimaze kugera ku rwego rwo kugoboka no gufasha ibihugu bikenye.

Ibi yabigarutseho ku wa 25/10/2024, ubwo yafunguraga ku mugaragaro urugomero rw’amashanyarazi rwa Kabu 16 ruri mu ntara ya Cibitoki.

Mu ijambo yavugiye muri uwo muhango yashimiye Imana ko uru rugomero rwuzuye nyuma y’igihe kirekire rwaradindiye kubera abanzi b’iterambere batifuza ko u Burundi bubona umucyo.

Yagaragaje ko ubwo yicaraga ku ntebe iruta izindi mu gihugu cy’u Burundi, yashyize imbere umugambi wo kongera amashanyarazi, ariko akomwa mu nkokora n’abayobozi batifuza iterambere.

Yagize ati: “Nsanga urugomero rwa Mpanda barariye amafaranga yose bahita bigendera. Nsanga aha Kabu 16 iri gusemba. Ni umwana wavutse batamushaka.”

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yanenze raporo ya Banki y’isi yashyize igihugu cye ku mwanya wa mbere mu bihugu bikenye ku isi muri 2024, avuga ko ibyo byakozwe n’abanzi b’u Burundi.

Iyo raporo ivuga ko mu Burundi ikibazo cyo kubura ibiribwa cyikubye hafi inshuro zibiri ugereranyije n’ibindi bihugu byo muri Afrika yo mu nsi y’ubutayu bwa Sahara.

Ni mu gihe abaturage bafite amashanyarazi muri iki gihugu batageze kuri 5%, kandi kubona amazi n’ibijanye n’isuku bikomeje kuba ingorabahizi.

Ndayishimiye ati: “Hari abantu bagize ishyari babonye mu Burundi nta bwaki, nta muturage uburara. Barandika mu binyamakuru, bashyira u Burundi mu bihugu 20 bifite inzara. U Burundi babwandikishije ibara ry’amaraso(umutuku) ngo nicyo gihugu cya mbere gishonje.”

Yavuze ko biteye agahinda kubona hari Abarundi barimo barwanya iterambere ry’igihugu cyabo, kandi hamwe n’abo bafatanyije, yababwiye ko umwanzi agucira icyobo, Imana ikagucira icyanzu.”

Ati: “Niba basenga shitani, nanjye nzasenga Imana turebe uzatsinda undi.”

Gusa, mu Burundi ubukene bukomeje kugira ingaruka zikomeye, kugeza aho bamwe bavuga ko bategereje urupfu kubera kubura uko babaho.

Ibiciro birahanitse cyane ku buryo kugira ngo umuntu azagure iby’ibanze nka essance, isukari, sima n’imiti bimusaba kwirya akimara.

Mu busanzwe, perezida w’u Burundi ntashaka kumva uvuga ko u Burundi bukenye, uvuze iryo jambo ahita amwita umwanzi w’igihugu.

Ndetse kandi agaragaza ko abadashaka kuvuga u Burundi neza ari Abarundi bahindutse abacakara b’u Rwanda.

Ndayishimiye yemeza ko bafashijwe n’igihugu cy’u Buhinde, ubukene bwa kemutse burundu kuva mu mwaka w’ 2015, ubwo u Burundi bwafatirwaga ibihano, ariko iki gihugu kikabugoboka mu rwego rwo kudaha agaciro imfashanyo z’amahanga.

Tags: Bank y'isiBukenyeNdayishimiyeU Burundi
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ibyangiritse ubwo Israel yagabaga igitero muri Iran cyo kwihorera.

Hamenyekanye ibyangiritse ubwo Israel yagabaga igitero muri Iran cyo kwihorera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?