Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 25, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

You might also like

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yababajwe n’umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda ushinzwe ubutwererane bw’akarere, James Kabarebe wamushinje guhamagarira Abanye-Congo kwica bagenzi babo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi yagiranye na BBC, aho yakivuzemo ko Kabarebe yamusebeje ngo kandi barigeze kuba inshuti.

Muri iki kiganiro yagize ati: “Kabarebe turaziranye, twari n’inshuti. Ariko kumparabika gutya akanansebya birababaje. Biriya ni umuteguro. Ni ko bakora . Barabanza bakagusiga icyaha, bakakwambura ubumuntu mu maso y’abantu, kugira ngo nibategura abantu bazabifate nk’ibisanzwe.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yanavuze ko leta ye, idakorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide.

Ati: “Barabeshya. Ni bimwe bavuga ngo umwanzi w’umwanzi wawe ahita aba inshuti. Ariko nta shingiro bifite.”

Yavuze kandi ko u Burundi bumaze gushyikiriza u Rwanda inkozi zibibi nyinshi zo muri icyo gihugu. Ndetse ko kandi n’ubu imipaka ifunze bari baheruka kohereza muri icyo gihugu inkozi y’ikibi yari yarahungiye i Burundi.

Avuga kandi ko aheruka kuvugana n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, akamubwira ko muri Congo u Burundi butari gufasha u Rwanda kurwanya umutwe wa FDLR.

Ndayishimiye yavuze kandi ko yasabye perezida w’u Rwanda kureka abasirikare be bakavugana n’ab’u Burundi bakabarangira aho babonye FDLR, ariko ko kugeza ubu batabikoze.

Nyamara perezida w’u Burundi yahakanye gukorana n’umutwe wa FDLR, mu gihe uyu mutwe n’Ingabo z’u Burundi basanzwe bafasha Leta y’i Kinshasa mu ntambara ihanganyemo na m23.

Imikoranire y’impande zombi inemezwa n’impuguke za LONI, muri za raporo zagiye zishyirwa hanze mu minsi ishize.

Ndetse hari n’azimwe muri izo raporo zagiye zigaragaza ko leta y’u Burundi yagiye yakira ku butaka bwayo abayobozi bakuru ba FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’i Kigali, bakaganira uko banoza imikoranire hagamijwe guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bamwe bo muri abo barwanyi bakuru, hari n’amakuru avuga ko bacumbikiwe n’iyi Leta y’i Gitega(u Burundi) mu ishyamba rya Kibira.

Tags: FDLRKabarebeNdayishimiyeYamushinje
Share36Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w'u Burusiya yamutengushye. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w'u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.

Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n'abari mu mahanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?