• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

minebwenews by minebwenews
March 25, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

You might also like

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yababajwe n’umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda ushinzwe ubutwererane bw’akarere, James Kabarebe wamushinje guhamagarira Abanye-Congo kwica bagenzi babo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi yagiranye na BBC, aho yakivuzemo ko Kabarebe yamusebeje ngo kandi barigeze kuba inshuti.

Muri iki kiganiro yagize ati: “Kabarebe turaziranye, twari n’inshuti. Ariko kumparabika gutya akanansebya birababaje. Biriya ni umuteguro. Ni ko bakora . Barabanza bakagusiga icyaha, bakakwambura ubumuntu mu maso y’abantu, kugira ngo nibategura abantu bazabifate nk’ibisanzwe.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yanavuze ko leta ye, idakorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide.

Ati: “Barabeshya. Ni bimwe bavuga ngo umwanzi w’umwanzi wawe ahita aba inshuti. Ariko nta shingiro bifite.”

Yavuze kandi ko u Burundi bumaze gushyikiriza u Rwanda inkozi zibibi nyinshi zo muri icyo gihugu. Ndetse ko kandi n’ubu imipaka ifunze bari baheruka kohereza muri icyo gihugu inkozi y’ikibi yari yarahungiye i Burundi.

Avuga kandi ko aheruka kuvugana n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, akamubwira ko muri Congo u Burundi butari gufasha u Rwanda kurwanya umutwe wa FDLR.

Ndayishimiye yavuze kandi ko yasabye perezida w’u Rwanda kureka abasirikare be bakavugana n’ab’u Burundi bakabarangira aho babonye FDLR, ariko ko kugeza ubu batabikoze.

Nyamara perezida w’u Burundi yahakanye gukorana n’umutwe wa FDLR, mu gihe uyu mutwe n’Ingabo z’u Burundi basanzwe bafasha Leta y’i Kinshasa mu ntambara ihanganyemo na m23.

Imikoranire y’impande zombi inemezwa n’impuguke za LONI, muri za raporo zagiye zishyirwa hanze mu minsi ishize.

Ndetse hari n’azimwe muri izo raporo zagiye zigaragaza ko leta y’u Burundi yagiye yakira ku butaka bwayo abayobozi bakuru ba FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’i Kigali, bakaganira uko banoza imikoranire hagamijwe guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bamwe bo muri abo barwanyi bakuru, hari n’amakuru avuga ko bacumbikiwe n’iyi Leta y’i Gitega(u Burundi) mu ishyamba rya Kibira.

Tags: FDLRKabarebeNdayishimiyeYamushinje
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails

Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

Uwayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi. Major General James Birungi wayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda, yatawe muri yombi ajanwa muri gereza y'Ishami rishyinzwe imyitwarire...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.

Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n'abari mu mahanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?