• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

minebwenews by minebwenews
March 25, 2025
in World News
0
Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Burundi yasobanuye uko yababajwe na James Kabarebe.

You might also like

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yababajwe n’umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda ushinzwe ubutwererane bw’akarere, James Kabarebe wamushinje guhamagarira Abanye-Congo kwica bagenzi babo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Hari mu kiganiro perezida w’u Burundi yagiranye na BBC, aho yakivuzemo ko Kabarebe yamusebeje ngo kandi barigeze kuba inshuti.

Muri iki kiganiro yagize ati: “Kabarebe turaziranye, twari n’inshuti. Ariko kumparabika gutya akanansebya birababaje. Biriya ni umuteguro. Ni ko bakora . Barabanza bakagusiga icyaha, bakakwambura ubumuntu mu maso y’abantu, kugira ngo nibategura abantu bazabifate nk’ibisanzwe.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Burundi yanavuze ko leta ye, idakorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide.

Ati: “Barabeshya. Ni bimwe bavuga ngo umwanzi w’umwanzi wawe ahita aba inshuti. Ariko nta shingiro bifite.”

Yavuze kandi ko u Burundi bumaze gushyikiriza u Rwanda inkozi zibibi nyinshi zo muri icyo gihugu. Ndetse ko kandi n’ubu imipaka ifunze bari baheruka kohereza muri icyo gihugu inkozi y’ikibi yari yarahungiye i Burundi.

Avuga kandi ko aheruka kuvugana n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, akamubwira ko muri Congo u Burundi butari gufasha u Rwanda kurwanya umutwe wa FDLR.

Ndayishimiye yavuze kandi ko yasabye perezida w’u Rwanda kureka abasirikare be bakavugana n’ab’u Burundi bakabarangira aho babonye FDLR, ariko ko kugeza ubu batabikoze.

Nyamara perezida w’u Burundi yahakanye gukorana n’umutwe wa FDLR, mu gihe uyu mutwe n’Ingabo z’u Burundi basanzwe bafasha Leta y’i Kinshasa mu ntambara ihanganyemo na m23.

Imikoranire y’impande zombi inemezwa n’impuguke za LONI, muri za raporo zagiye zishyirwa hanze mu minsi ishize.

Ndetse hari n’azimwe muri izo raporo zagiye zigaragaza ko leta y’u Burundi yagiye yakira ku butaka bwayo abayobozi bakuru ba FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’i Kigali, bakaganira uko banoza imikoranire hagamijwe guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bamwe bo muri abo barwanyi bakuru, hari n’amakuru avuga ko bacumbikiwe n’iyi Leta y’i Gitega(u Burundi) mu ishyamba rya Kibira.

Tags: FDLRKabarebeNdayishimiyeYamushinje
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye

Amerika na Canada mu Ihangana Rikomeye Ihangana rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada rikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko...

Read moreDetails

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO

Amerika Yatanze Ibisobanuro ku Mpamvu Yikuye Burundu mu Muryango wa WHO Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku mugaragaro ko zikuye burundu mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku...

Read moreDetails

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

Perezida Trump i Davos Yacishije make Akoresha Amagambo Yoroheje Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yacishije make ku ngingo yakunze guteza impaka yo kwigarurira ikirwa...

Read moreDetails

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

by Bahanda Bruce
January 22, 2026
0
Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga

Isi mu Gihe cy’Impinduka Zidasanzwe: Uko Umwaka Umwe wa Donald Trump wahinduye Politiki Mpuzamahanga Kuva Donald Trump yagaruka ku butegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, isi yinjiye...

Read moreDetails

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

by Bahanda Bruce
January 21, 2026
0
Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo

Amerika Yagaragaje Ibyo Perezida Trump Amaze Kugeraho mu Minsi 365, Harimo n’Ibyakozwe kuri Afurika na RDC Irimo Mu rwego rwo kwizihiza umwaka wa mbere wa manda ya kabiri...

Read moreDetails
Next Post
Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n’abari mu mahanga.

Ibivugwa ku masengesho Abanyamulenge bari mu Minembwe bakoze, ndetse n'abari mu mahanga.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?