• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagize icyavuga ku Nama, irikubera i Addis Ababa, yiga ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
February 18, 2024
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagize icyavuga ku Nama, irikubera i Addis Ababa, yiga ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ikibazo cy’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyizwe mu Nama y’u muryango w’Afrika yunze ubumwe igira iya 37.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni mu Nama igira iya 37 y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Afrika yunze ubumwe (AU) yari i ddis Abeba muri Ethiopia, ahari icyicaro cyuwo muryango.

Ibi bazo byingenzi byigiwe muri iyo Nama y’iminsi ibiri, harimo imvururu shingiro z’i bihugu bigize uwo muryango, nk’ibibazo byo guhirika ubutegetsi (Coup d’etat), ibyo byagiye biba muri iyi myaka ya vuba mu bihugu bigize uyu muryango w’Afrika.

Iy’i Nama kandi ya 37 y’abakuru b’ibihugu bigize uy’u muryango, hajemo n’ikibazo cy’umutekano muke ukomeje kuzamba mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Sudani, Somalia, Akarere ka Sahel, Libiya ndetse n’imvururu ziri mu gihugu cya Senegal, n’ibindi bibazo bya politike.

Ihindagurika ry’ibihe nacyo n’ikibazo kiri kurutunde cyibyigirwa muriyo Nama, no kwigira hamwe uko Afrika yogira ijambo muruhando rwa politike mpuzamahanga cyane cyane mu ishirahamwe ry’ibihugu 20 bitunze gusumba ibindi kw’Isi, G20.

K’u mugoroba wo k’uwa Gatanu tariki ya 16/02/2024, habaye i Nama yihariye yiga ku kibazo cy’u mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

Abakuru b’ibihugu bitabiriye iyo Nama yiga ku mutekano muke w’u Burasirazuba bwa RDC, harimo perezida Félix Tshisekedi, João Lourenço, Cyril Ramaphosa, uwa Kenya, William Ruto na Paul Kagame w’u Rwanda.

Bya vuzwe ko perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ko atitabye i Nama yiga ku mutekano muke ukomeje kuzamba muri RDC, ariko bya vuzwe ko yari yamaze kugera i Addis Ababa.

Gusa “abakurikiranira hafi politike ya Congo bavuze ko perezida Evariste Ndayishimiye ko atari akwiye kubura muri iyo Nama yiga ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC ngo kuko ingabo ze ziri muri iyo mirwano kuva umwaka ushize.”

Ibyigiwe muri iyo Nama nto, nk’uko ibiro by’u mukuru w’igihugu cya RDC ba bitangaje bakoresheje urubuga rwa X, bavuze ko harimo gusaba ibiganiro byu baka amahoro arambye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kugira ngo umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo uhagarare, ndetse no gusaba ko intambara mu Burasirazuba bw’igihugu yo hagarara vuba nabwangu, no gusaba ko M23 yarekura ibice imaze kwigarurira.

Radio ya Bafaransa RFI, yavuze ko muriyo Nama ko perezida Félix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha M23. Iyo radio ikomeza ivuga ko perezida w’u Rwanda Paul Kagame ko yi yamye ibyo aregwa.

K’urundi ruhande ushinzwe ku menyesha amakuru mu biro bya perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yatangarije RFI ko Perezida Paul Kagame yatanze ubutumwa atarya umunwa, bugira buti: “Nta bwo u Rwanda ruzigera rutinya kuvuga ngo ruheranwe ijambo, oya! cyangwa ngo rusabe imbabazi, igihe cyose u Rwanda ruzakomeza guharanira umutekano wa baturage barwo, kandi ibyo ntiruzabisabira uruhushya.”

“Twabuze abantu barenga miliyoni muri Genocide yakorewe Abatutsi. Nta muntu n’umwe tuzemerera ko adusubiza muri ayo mahano.”

“Ikibazo cya barwanyi ba FDLR no kuba bari hamwe n’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bigomba gutorerwa umuti.”

“Nta mpamvu rero yo gukomeza impaka no kubeshyana.”

“U Rwanda ruzokomeza inzira ya mahoro n’ingingo zumvikanweho na karere.”

RFI yakomeje ivuga ko kuri uyu wa Gatandatu, hari kuba indi Nama yiga ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, ariko ku itabaye. Gusa, perezida wa Angola João Lourenço, ari nawe muhuza mu makimbirane ya Congo n’u Rwanda, yaje kubonana n’aba kuru b’ibihugu byombi, uwa RDC n’u Rwanda, ariko baganira akanya gato, nk’uko iyo radio yabitangaje.

Nyuma i Nama y’u muryango w’Afrika yunze ubumwe yakomeje, ndetse baganira no ku kibazo cya Hamas na Israel, aho ndetse muriyo Nama hari hatumiwemo minisitiri w’intebe wa Palestine, Mohamed Shtayyeh.

Ibiro ntara makuru bya Bafaransa AFP, bya vuze ko bya bajije umuyobozi mukuru w’u muryango w’Afrika yunze ubumwe niba hari n’umuyobozi wa Israel waba waratumiwe umuyobozi w’Afrika yunze ubumwe asubiza ati: “Israel nti twayitumiye.”

Ibihugu bindi byitabiye iyi Nama y’umuryango w’Afrika yunze ubumwe, igira iya 37 kandi biri mubihano byuko bahiritse u butegetsi ni Burkina Faso, Gabon, Nigeri, Mali, Gineye na Sudan.

Bruce Bahanda.

Tags: Perezida Paul KagameU RwandaUmutekano w'u Burasirazuba bwa RDCYagize icyavuga
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ubutegetsi bwa perezida Joe Biden, bwasabye Kinshasa na Kigali kuganira no guhagarika gutera inkunga imitwe y’itwaje imbunda.

Ubutegetsi bwa perezida Joe Biden, bwasabye Kinshasa na Kigali kuganira no guhagarika gutera inkunga imitwe y'itwaje imbunda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?