Perezida yabwiwe impamvu adakwiye kwiyongera manda
Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano n’ihungabana rya politiki, umwe mu basenateri batavuga rumwe n’ubutegetsi, , yongeye kwibutsa ubuyobozi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi ko igihugu gikeneye ibisubizo byihutirwa ku bibazo by’umutekano aho gushyira imbaraga mu guhindura Itegeko Nshinga.
Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na , cyibanze ku bibazo bya politiki n’umutekano byugarije RDC, cyane cyane intambara imaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bw’igihugu.
Mu kiganiro cye, Muyumba yagarutse ku masezerano y’amahoro aherutse kuganirwaho hagati ya RDC n’u Rwanda i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaragaza ko ayo masezerano yonyine adahagije.
Yagize ati: “Ingamba zituruka hanze y’igihugu zigomba gushyigikirwa n’ibiganiro byimbitse by’Abanye-Congo ubwabo. Ntidushobora kwitega ko ibisubizo by’amahanga byonyine bizazana amahoro arambye mu gihugu.”
Yashimangiye ko RDC ikeneye ibiganiro bya politiki bidaheza ku rwego rw’igihugu, bigahuza impande zose zifite aho zihuriye n’ibibazo by’umutekano, cyane cyane mu Burasirazuba, aho ihuriro rya , AFC/M23, rikomeje guhangana bikomeye n’ingabo za FARDC ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi ndetse n’imitwe ya Wazalendo na FDLR.
Izi mpaka zije mu gihe hakomeje kuvugwa ko Perezida Tshisekedi ashobora gushaka guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo yemererwe kwiyamamariza manda ya gatatu.
Itegeko Nshinga rya RDC riteganya ko Perezida atarenza manda ebyiri, buri imwe ikamara imyaka itanu. Ingingo ya 220 igena neza ko igihe cya manda kidashobora guhindurwa mu nyungu z’umuntu uri ku butegetsi.
Muyumba yavuze ko nubwo guhindura Itegeko Nshinga bishobora kuba byemewe mu mategeko, igihe igihugu kiri mu bibazo bikomeye nk’ibi atari cyo cyihutirwa.
Ati: “Congo ntabwo ikeneye Itegeko Nshinga rishya. Icyo dukeneye ni amahoro, ituze n’ubumwe bw’Abanye-Congo. Dukeneye ubuyobozi bushoboye kandi bufata inshingano zabwo.”
Uyu musenateri yanenze ubutegetsi bwa Tshisekedi, avuga ko butigeze bushobora kugarura amahoro n’umutekano mu myaka bumaze buyobora igihugu.
Yagaragaje ko byaba bidakwiye kongeraho indi manda mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje gufata indi ntera.
Ati: “Ntibikwiye ko umuntu ataragejeje abantu ku mahoro mu myaka itanu, hanyuma akagaruka ashaka kongera manda. Icyo gihugu gikeneye ubu ni ibisubizo byihutirwa ku mutekano.”
Perezida Tshisekedi yinjiye ku butegetsi mu 2019, mu matora yavuzweho kutumvikanaho, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango imwe mpuzamahanga bavuze ko habayeho uburiganya.
No mu matora aheruka yamuhesheje manda ya kabiri, hari abagaragaje impungenge ku mucyo wayo, nubwo ubuyobozi bw’igihugu bwo bwakomeje gushimangira ko yabaye mu mucyo.
Aya mateka y’amatora, afatanyije n’ibibazo by’umutekano bikomeje mu Burasirazuba, ni byo bituma impaka ku iyongerwa rya manda zifata indi ntera mu gihugu.
RDC ni kimwe mu bihugu bifite umutungo kamere mwinshi ku isi, ariko kikaba gikomeje kurangwa n’intambara z’urudaca, cyane cyane mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo. Izi ntambara zifitanye isano n’amateka y’akarere, inyungu z’ubukungu ndetse n’imiyoborere idahagaze neza.
Mu rwego rwa politiki, ikibazo cy’iyubahirizwa ry’Itegeko Nshinga n’ihererekanyabubasha mu mahoro gikomeje kuba imwe mu ngingo z’ingenzi zigarukwaho n’abasesenguzi.
Ibyatangajwe na Senateri Francine Muyumba bigaragaza impaka zikomeje gukara muri RDC hagati y’abashyigikiye ubutegetsi n’ababunenga. Mu gihe bamwe bashaka impinduka mu Itegeko Nshinga, abandi bo barasaba ko hashyirwa imbere ikibazo cy’amahoro n’umutekano mbere y’ibindi byose.
Icyakora, uko ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera, ni ko n’igitutu ku buyobozi bwa Perezida Tshisekedi kirushaho kwiyongera, hibazwa niba igihugu kiri mu nzira iganisha ku mahoro arambye cyangwa mu cyuho cya politiki gishobora gukomera kurushaho.






