• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, December 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

President Emmanuel Macron, Yaraye Akuriye Inzira Kumurima Leta Ya Congo Abasaba Kutagira Igihugu Batunga Agatoki kubibazo Byigihugu Cabo.

minebwenews by minebwenews
March 5, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Président w’Ubufaransa muruzinduko rwe rwiminsi ine kumugabane wa Africa yohagati, yageze no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kuva mugihugu ca Gabon nomugihu ca Congo Brazaville. Kuri uyu wiposho kuminsi 04/03/2023 nibwo yageze i Kinshasa, yakirwa na Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde, nyuma agirana ikiganiro na Président w’icogihugu bwana Félix Tshisekedi, yakoranye ikiganiro kandi n’abanyamakuru.

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Ubwo catangiraga, mu magambo ya mbere ya Tshisekedi, harimo amagambo asesereza avuga ko igihugu ce catewe n’u Rwanda mu rugamba rudasobanutse. Abanyamakuru bo muri Congo nabo bari muri uwo murongo, babaza Macron impamvu igihugu c’Ubufransa kidafatira ibihano u Rwanda.

Umunyamakuru ukorera Radio ya Monusco Radio Okapi yabwiye Macron ko FDLR yinjiye muri Congo kubera uruhare rw’u Bufaransa nyuma y’uko abagize uyu mutwe bari bamaze gukora Genoside mu Rwanda. Yakomeje avuga ko ubu, uwo mutwe ngo umaze kwica Abanye-Congo barenga miliyoni 10.

Ati “Ni mwe mwabinjije, ni iki muteganya gukora kuri ico kibazo c’umutekano muke mwateje mu Burasirazuba bwa Congo?”

Macron mu kumusubiza, yavuze ko yiteguye gufungura amadosiye yose y’amateka y’ibyabaye nk’uko yabikoze ku mateka y’u Rwanda, ati “Niba ari icyifuzo cya Président Tshisekedi, niteguye gushyiraho komisiyo yigenga y’abanyamateka igomba kugaragaza uruhare rwa buri wese.”

Yabwiye Abanye-Congo ko guhera mu 1994, imitwe myinshi yitwaje intwaro yavutse muri Congo, ikigarurira umutungo kamere w’igihugu ndetse igahungabanya umutekano.

Ati “ Kuva mu 1994, ntabwo ari ikosa ry’u Bufaransa, mumbabarire kubivuga gutyo, mwananiwe kurengera ubusugire bw’igihugu canyu. Yaba mu buryo bwa gisirikare, mu bijyanye n’umutekano, mu miyoborere, uko ni ukuri. Ntabwo mukwiriye kuja gushaka abo mushinja bo hanze kuri iyo ngingo.”

Macron yabwiye Abanye-Congo ko yemera ko ukuri kw’amateka kuja hanze, ariko ababwira “OYA” ku kuba bikoreza umutwaro ibibazo byabo u Bufaransa, avuga ko ahubwo igikwiriye ari ukureba uruhare rwa buri wese, harimo n’urwa Congo ubwayo hamwe n’ibindi bihugu byo mu karere.

Yavuze ko mu gihe Congo yaba ifite igisirikare gikomeye, kigaharanira ko amahoro agaruka mu bice byose by’igihugu, hakimakazwa ubutabera ku buryo abakoze ibyaha babiryozwa, u Bufaransa buzayiba inyuma. Ati “Ibyo byumvikane neza”.

Macron yakomeje agira ati “Ibi byiyongeraho umukoro wo kurwanya iterabwoba. ADF ni umutwe w’iterabwoba uri ku butaka bwanyu uhungabanya umutekano ushobora guteza ibibazo bikomeye muri Afurika, iyo mitwe igendera ku matwara yaki Islam ikwiriye kurwanywa kuko ni ikibazo cy’umutekano w’igihugu.”

Ku bijanye n’umutwe wa M23, yavuze ko u Bufaransa bwafashe uruhande ruzwi kandi rusobanutse kuko “bwamaganye ibikorwa bya M23 n’abayifasha” ndetse ko buri ruhande rukwiriye kubazwa uruhare rwarwo harimo n’u Rwanda. Yagaragaje ko akarere kafashe uruhande rusobanutse rujanye n’ibiganiro.

Ati “Dufite amahirwe yo gukemura ikibazo cya M23 mu gihe ibyemejwe bishyizwe mu bikorwa.”

Ku kibazo cya FDLR, Macron yavuze ko uyu munsi mu gukemura ikibazo cy’umutwe wa FDLR umaze imyaka myinshi, abantu bakwiriye gukurikiza ibyemejwe i Luanda.

Yavuze ko abazabangamira iyi gahunda bazagaragara kuko hari abagenzuzi bigenga bashyizweho mu kureba iyubahirizwa ry’imyanzuro ya Luanda.

Ati “Abazabangamira iyo gahunda bazi neza ko bazafatirwa ibihano.”

Imyanzuro ya Luanda isaba ko umutwe wa FDLR ushyira intwaro hasi, ariko kuva wafatwa, uyu mutwe wakomeje imikoranire yawo n’Ingabo za FARDC ndetse na Raporo ya Loni iherutse kubigaragaza ko FDLR na FARDC bimitse imikoranire.

Tshisekedi yavuze ko RDC ishimira u Bufaransa n’u Burayi ku bufasha bwahaye igihugu cye mu kwita ku bavanywe mu byabo n’intambara yo mu Burasirazuba bwa Congo, ariko avuga ko hari ibindi bikorwa bikwiriye kubuherekeza.

Muri ibyo yavuze ko M23 ikwiriye kuvanwa mu bice byose irimo, hanyuma abaturage bagafashwa gusubira mu ngo zabo. Ibyo mu gihe ngo bizaba bikozwe, bizafasha Komisiyo y’Amatora kugeza imashini zifashishwa mu gutora no gufungura ibilo byayo kugira ngo abaturage bitorere abayobozi.

Yavuze ko mu Burengerazuba bw’igihugu ibikorwa byo gutegura amatora byakozwe neza, ubu biri gukorwa rwagati mu gihugu no mu Burasirazuba.

Ati “Ikibazo gikomeye kiri mu bice birimo umutekano muke aho dukeneye ko amahoro agaruka kugira ngo tubashe gukomeza gahunda z’amatora. Bitari ibyo, dushobora kwisanga habayeho ugukererwa mu buryo bugaragara ku buryo byagira ingaruka kuminsi y’amatora.”

Tshisekedi yavuze ku bijyanye n’ibihano asabira u Rwanda, avuga ko rukomeje gusahura igihugu cye, asaba Macron ko agaragaza aho ahagaze. Abari bateraniye mu cyumba bose bahise bamuha amashyi menshi y’urufaya yamaze hafi umunota wose.

Macron yahise afata ijambo amusubiza ati “Ndagira ngo mvuge mu buryo busobanutse ko nasobanuye uruhande rw’u Bufaransa, twatanze umusanzu wacu mu bufasha bw’ibijyanye no kwita ku bantu ndetse n’ibijyanye na politilki.”

“Ariko ntabwo ari u Bufaransa buzazana igisubizo. Ibi ndabivuga nshize amanga nabwiye Président Tshisekedi ko nshigikiye gahunda zashyizweho, ko mfitiye icyizere Président Lourenço umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na RDC, kandi nizera bitazagera ah’ibihano kuko twizera ko inzira yashyizweho izaba yubahirijwe kandi nibwira ko mwese muri iki cyumba ni cyo mwahitamo.”

Yakomeje agira ati “Kubahiriza ibyagenwe Kuko ni cyo kizakumira intambara, umutekano ukagaruka.”

Macron yavuze ko gahunda y’u Bufaransa yo kwivanga muri politiki ya Afurika yarangiye ahubwo igishyizwe imbere ari politiki y’ukuri iganisha ahazaza.

Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Gen Christian Tshiwewe, Wa Congo, Nawe Yitabiriye Inama Iri Roma Mubutaliani Ihuza Abagaba B'Ingabo Zibihugu 42 Bya Africa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?