
President wa Republika ya democrasi ya Congo (RDC), bwana Félix Antoine Tshisekedi yongenye kubivuga kumugaragaro ko leta ye nta biganiro nabimwe izagirana numutwe wa M23.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 13.04.2023, saa 4:35 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
President Félix Tshisekedi, arikumwe namugenzi we President w’Igihugu c’Ubusuwisi bwana Alain Berset yabitangaje avuga ko leta ye itazigera igirana i biganiro ibyaribyo byose n’umutwe witwaje intwaro wa M23.
Ibi yabivuze mu kiganiro i Kinshasa, ubwo yarimo aganira n’abanyamakuru none tariki 13.04.2023 nimugihe yari kumwe na mugenzi we uyobora u Busuwisi, Alain Berset uri mu ruzinduko i Kinshasa, Tshisekedi yabajijwe ku biganiro bya rwihishwa bivugwa biri kuba hagati ya Leta ye na M23.
Bwana President Félix Antoine Tshisekedi, yasubije ko niba abarwanyi ba M23 ari Abanyekongo nk’uko babyemeza, bagomba kwitabira imishyikirano ya ’Nairobi’ ihuza Leta ya Republika ya democrasi ya Congo, n’indi mitwe yitwaje intwaro igamije guhagarika imirwano no gusubizwa mu buzima busanzwe abarwanyi bayo.
Yavuze ati: “Niba koko abo twemeza ko bafashwa n’u Rwanda ari Abanyekongo nk’uko babivuga, bagomba kwemera mu buryo busanzwe kwinjira mu mishyikirano yo kurambika intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe, bakajya mu buzima bwa gisivili, hano nta kibazo gihari cyo kuganira n’uyu mutwe ariko Ikiganiro mu rwego rwa politiki, ntabwo kizigera kiba.”
Tshisekedi yagarutse ku cyemezo cyafashwe n’Inteko ishinga amategeko ya RDC cy’uko nta biganiro bya politiki bigomba kubaho hagati ya Leta ya Kinshasa, n’imitwe yitwaje intwaro iyirwanya, ashimangira ko kigomba kubahirizwa.
Ibi leta ya Kinshasa yakomeje kubivugaho ibyo kutaganira ninyeshamba zomumutwe wa M23, ubushize i Kinshasa bwana Patrick Muyaya yabigarutseho arikumwe nitangaza makuru nibwo yavuze ko leta ye itararota yicaranye numutwe wa M23.
Muyaya yakomeje avuga ko ati namasezerano yose azaza avuga ko leta ye igomba gukorana Ibiganiro ninyeshamba zomumutwe wa M23 atazahabwa agaciro numunsi umwe nimugihe ico gihe hari haheruka kubera i biganiro bihuza aba Presidents bagize Ibihugu bihuriye mumuryango wa Afrika y’iburasirazuba (EAC).




