
Président wa Republika ya democrasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi yavuze ko umutwe w’itera bwoba wa FDLR ko arintaco utwaye leta ya Kigali.
President Tshilombo, wa Republika ya democrasi ya Congo, yongeye kwemeza ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR ko atari kibazo kuri leta ya Kigali, ngo kuko nabo nabana b’Urwanda.
Ibi yabivuze kuruyu wa Kane tariki 13.04.2023, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru arikumwe na Président w’Ubusuwisi, Alain Berset, nimugihe yaravuze kuri zaraporo zirimo iy’Umuryango w’Abibumbye zigaragaza ko ingabo za FARDC zifatanya kandi zigatera inkunga umutwe Winyeshamba wa FDLR, urimo bamwe basize bakoze Genoside m’Urwanda mumwaka wa 1994.
Bwana Tshilombo, Président wa Leta ya Kinshasa, maze yemeza yivuye inyuma ko umutwe wa FDLR atari kibazo nagito kugihugu cu Rwanda. Ibi yabisobanuye ko iz’inyeshyamba zitagaba ibitero kugihugu c’Urwanda ikindi ngo uyumutwe ngo ntujya wivanga muri politiki yico gihugu, agaragaza ko FDLR ari abanyamahoro.
Kuba igisirikare cya leta ya Kinshasa kiregwa kwifatanya na FDLR, Président Félix Tshisekedi, yavuze ko ari urwitwazo rwa Leta ya Kigali, rwo kugira ngo rugabe ibitero mu gihugu cya Congo Kinshasa.
Ibyo Tshisekedi avuga bihabanye n’ibyo leta ya Kigali ishinja inyeshamba zomumutwe wa FDLR. Leta ya Kigali ishinja iz’inyeshyamba ko ahagana mumpera z’umwaka wa 2022, ko abarwanyi b’uyu mutwe witwaje intwaro wifatanyije n’ingabo za FARDC, ari bo barashe ibisasu bya roketi mu karere ka Musanze mugihugu ca Republika y’Urwanda.




