
President wa Republika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yunvikanye yamagana abavuga ko igihugu cye gishobora kuva mu muryango w’Afrika y’Iburasirazuba(EAC), maze asezeranya abaturage be bose ko Igihugu cye ko kizakomeza kuba muri EAC kandi ko kitazava no muri SADC.
Yanditswe na Bruce Bahanda, kw’itariki 16.05.2023, saa 7:17Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ibi umukuru w’Igihugu ca RDC, abivuze mugihe haheze iminsi ibarigwa Kuntoki atanze ijambo ubwo yari muri Boswana, yunvikanye anenga ingabo za EAC kuba zarananiwe guhangana n’umutwe w’inyeshyamba, wa M23, urwanira ukubaho kwabo nababo, Muburasirazuba bwa RDC.
Ikindi nuko uyu mukuru w’Igihugu Félix Tshisekedi, wa Congo Kinshasa na William Ruto, wa Kenya, ndetse na Yoweri Museveni, wa Uganda, abakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’abayobozi i Bujumbura, tariki ya 4.02.2023, muricogihe bemezanije kugarura amahoro numutekano mwiza muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, ntayandi mananiza nokohereza ingabo zakarere mubutumwa bwa mahoro mubice bya Kivu y’Amajyaruguru. Ibi byakozwe kubera ubwicanyi bwarimo kuba muburasirazuba bw’ikigihugu.
Umuryango wa SADC, wo uhatira Afrika y’iburasirazuba (EAC), kugarukana umutekano mwiza muburasirazuba bw’ikigihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo.
Ihuriro ryibi bihugu bya SADC, byemezanije kohereza ingabo zabo muriki gihugu, ubwo baheruka guterana tariki 9.05.2023, kugirango ingabo zabo zifashe ingabo za leta ya Kinshasa kugarura umutekano muburasirazuba bwigihugu, nokurwanya inyeshamba zirwanira muribi bice. Gusa nyuma yubu havuzwe amakuru ko aba bakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Sadec, bakimara gusohoka ibi biganiro batanyeho infane ngo imyanzuro bayifashe bihuse bivuye kuri President Félix Tshisekedi wakomeje kubotsa igitutu nkuko byatangajwe nurubuga Africa Intelligence.
Uru rubuga Africa Intelligence, runagaragaza inyandiko ko Ibihugu bimwe bya Sadec kobyikuye muruyu mugambi wokohereza ingabo zabo muri RDC.
Ico buriwese yibaza murikigihe aribaza niba koko ko ingabo za SADC zizagira icyo zihindura mu burasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo, ibyaba byarananiye umuryango wa Afrika y’iburasirazuba nkuko President Félix Tshisekedi aheruka kubivuga! bizashobokera umuryango wa Sadec? igisubizo gishobora kuzaza ari Yego cangwa Oya!!




