
Président w’igihugu c’Urwanda Paul Kagame, ari i Cotonou ho muri Béni yavuze ko M23 atarico kibazo muri Republika ya democrasi ya Congo n’Urwanda ndetse na Karere muri Rusange.
Yanditswe na Bruce Bahanda none tariki 16.04.2023, saa 4:35 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, nuko Président wa Republika y’Urwanda bwana Paul Kagame, ubwo yari muruzinduko mugihugu ca Béni mugihe yari mukiganiro nab’anyamakuru bo murico gihugu yababwiye ko umutwe Winyeshamba wa M23 atarico kibazo mukarere.
Yagize ati : “Umutwe wa M23 sico kibazo mukarere, muri Republika ya democrasi ya Congo ndetse n’uRwanda, hubwo M23 ni umusaruro wibindi bibazo ibihumbi bitigeze bikemurwa mubinyejena byinshi. Niba munibuka neza M23 yabayeho mbere Tshisekedi ataraba Président rero nikibazo gifitanye isano nico muri 2012.”
Président Paul Kagame, maze asobanura uburyo imipaka yagabuwe n’abakoloni, ibice bimwe byari ku Rwanda mu burengerazuba bikomekwa kuri Congo Kinshasa, mu majyaruguru hakomekwa kuri Uganda, mu burasirazuba hakomekwa kuri Tanzania.
Yasobanuye uburyo abakomoka ku Rwanda bisanze muri Republika ya democrasi ya Congo (RDC), kubera amateka y’ubukoloni, bageze aho bamburwa uburenganzira bwabo, bigera aho M23 ivuka kubera kugira irwanire uburenganzira bwabo nababo.
Ibi bazo Congo ifite kurinono nibigize igihe kire kire nkuko umukuru w’igihugu c’Urwanda Paul Kagame yarimo abisobanura ari mugihugu ca Béni.




