
William Ruto, President wa Kenya, yaramukanije na Raila Odinga, uhagarariye ishaka ritavuga rumwe nubutegetsi bwe! ubwo bari mumuhango wogushingura Kimathi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 14.05.2023, saa 7:15 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
President wa Kenya, William Ruto, ubwo yakoraga ikiganiro n’abari mumuhango wogushingura, Mukami Kimathi, umugore wa Dedan Kimathi, waharaniye ubwigenge, bw’ibihugu cya Republika ya Kenya.
Murico kiganiro, bwana William Samue Ruto, umaze igihe kitari kinini kubutegetsi mugihugu cya Republika ya Kenya, yasobanuriye abari muruwo muhango wogushingura Kimathi, ko yagerageje ibishoboka byose maze agabanya imisoro ku buryo bugaragara kandi avuga ko azi neza kwibi byari umutwaro uremereye ku baturage b’igihugu cye.
President Ruto, yavuze ko igihe yatorewe kuba umukuru wiki gihugu yasanze ibiciro by’ibicuruzwa biri hejuru atariko guverinoma ihari kuri none yagabanuye ibiciro cane kubijanye nibicuruzwa by’ingenzi, harimo n’ifu, Ruto yemeza kwibi byagabanutseho.
Maze uyu mukuru w’Igihugu ahamagarira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bayobowe na Raila Odinga, kumuha umwanya wo gukora asobanura ko yiteguye kunengwa no mugihe yakora neza.
Aha niho yahagurukije bwana Raila Odinga, maze barasuhuzanya.
Odinga, yakunze kugumura urubyiriko rumwumva mubice afitemo aba mwunva muriki gihugu cya Kenya aho yagiye akora imyigaragambyo yangirije byinshi harimo nibicuruzwa, n’imyigaragambyo yagiye igaruka kenshi .
Raila Odinga, ntiyigeze yemera ko William Samue Ruto, yamutsinze mumatora yumukuru w’Igihugu yabaye umwaka ushize wa 2022, akaba ariho aviramo ategura imyigaragambyo yokugumura abaturage kugira ngwagandire ubutegetsi bwa William Ruto.
Gusa President William Ruto, aheruka gusaba Raila Odinga, ko agomba guhagarika imyigaragambyo amusaba Kuza bakaganira bakunvikana.




