RDC: Abayobozi bashya muri FARDC batangiye inshingano.
Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, abayobozi bakuru mu gisirikare cy’iki gihugu barimo n’umugabo mukuru w’ingabo zacyo bakoze ihererekanya bubasha.
Ni ahagana isaha z’igicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 06/1/2025 ni bwo habaye ihererekanya bubasha hagati ya Jenerali Christian Tshiwewe Songesa na Lt.Gen Jules Banza wa musimbuye.
Gen. Tshiwewe wasimbuwe yari amaze imyaka irenga ibiri ari umugaba mukuru w’ingabo za Congo (FARDC).
Amakuru ava i Kinshasa yemeza ko muri uwo muhango na perezida Félix Tshisekedi yari awurimo, aho yaravuye muruzinduko yagiriye ahar’ejo i Doha muri Qatar.
Ni uruzinduko rwari rugamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi, nk’uko iy’inkuru yatangajwe n’ibiro by’umukuru w’iki gihugu cya RDC.
Si i Kinshasa gusa habaye umuhango w’ihererekanya bubasha, kuko n’i Lubambashi byakozwe aho Lt.Gen Pacifique Masunzu yabisikanyije n’uwamusimbuye kuyobora zone ya kabiri.
Tubibutsa ko Lt Gen Jules Banza Mwilambwe wahawe kuba umugabo mukuru w’ingabo za RDC ni umusirikare bivugwa ko yatojwe neza, kandi ko ari umusirikare uzwiho kwicisha bugufi kuburyo azamenya ibibazo biri mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Ni mu gihe kandi Lt Gen Pacifique Masunzu wahawe kuyobora zone ya gatatu irimo n’u Burasirazuba bw’iki gihugu avuka muri Kivu y’Amajy’epfo.
Hagataho imirwano irakomeje mu Ntara ya Kivu Yaruguru hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.
Uyu mutwe wa M23 ukaba ukomeje kwigarurira ibice byinshi mu buryo budasanzwe. Ku wa gatanu w’iki Cyumweru dusoje, uyu mutwe wigaruriye centre ya Masisi, ndetse n’ibindi bice biherereye muri teritware ya Masisi.

