Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

RDC: Ahari haragenewe kuba irimbi niho abayobozi basigaye bajya kubaka, menya impamvu yabyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 3, 2024
in World News
0
RDC: Ahari haragenewe kuba irimbi niho abayobozi basigaye bajya kubaka, menya impamvu yabyo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Ahari haragenewe kuba irimbi niho abayobozi basigaye bajya kubaka, menya impamvu yabyo.

You might also like

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Agace kari gasanzwe ari irimbi muri Kinshasa, kur’ubu niko abenshi mu basirikare ba leta y’iki gihugu cya RDC barimo n’abakuru basigaye baja guturamo ndetse hakaba hamaze kubakwa n’abatari bake.

Iri rimbi riri mu gace ka Kinsuku haherereye muri Komine ya Mont-Ngafula yo mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ari wo Kinshasa.

Nk’uko amakuru avuga n’uko abantu benshi bakomeje kuza gutura muri iri rimbi, ndetse bigasobanurwa ko abayobozi gakondo ari bo bagurishije iri rimbi rya Mont-Ngafula.

Umwe wo muri abo batuye muri iri rimbi, bwana Paul Mangala yatanze ubuhamya ko we yaje kuri turamo, avuga ko abayobozi gakondo bo muri aka gace bamugurishijeho ubutaka kugira ngo ajye abona aho ashingura abo mu muryango we.

Ati: “Nahaguze kugira ngo njye mpashishyingura abo mu muryango wanjye. Ni bwo nubatse ziriya nzu mubona.”

Yakomeje avuga ko izo nyubako ko zubatswe mu ijoro, kandi ko inyinshi murizo ari izabasirikare harimo abafite amapeti yo hejuru.

Ati: “Kuva baza gutura aha, nta bantu bongeye kuza kuhashyingura abapfuye. Abantu bakomeje kuza kubaka inzu mu mabati, kandi iziheruka kuhubakwa ni iz’Abageneral n’abagore babo.”

Uyu watanze ubu buhamya yanavuze kandi ko yiyambaje ubuyobozi bwa Polisi, ndetse akageza kuri izi nzego iby’iki kibazo, ariko ko kugeza ubu kitarabonerwa umuti.

Ni mu gihe i Kinshasa ku murwa mukuru wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, amarimbi ari ubutaka bwitabwaho cyane, ndetse hakubahwa nk’ahantu haruhukiyemo abitabye Imana.

Imva ziri muri iri rimbi rikomeje guturwa, zagiye zangirika, ndetse bamwe bazikoresha nk’ibyobo bifata amazi, izindi zikaba zikomeje gutwarwa n’imivu y’amazi.

            MCN.
Tags: Abasirikare bakuruGuturaIrimbiKinshasa
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails
Next Post
Aka kanya M23 yongeye gufata ibindi bice byo muri Kivu Yaruguru.

Aka kanya M23 yongeye gufata ibindi bice byo muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?