Amakuru y’iki gitondo i Mulenge.
Amakuru ava i Mulenge iwabo w’Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahakunze kugabwa ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo, kuri ubu hari agahenge nubwo katizewe cyane, nyuma y’aho hamenyekanye ibyo umwanzi waho ari kuhapangira.
Ni amakuru MCN ikesha abaturiye turiya duce mwanzi akunze kugabamo ibitero tw’i Mulenge. Bavuga ko baramutse amahoro ariko ko umwanzi ari gucura imigambi mibi yo kubatera.
Babwiye Minembwe Capital News ati: “Rugezi, Minembwe centre na Mikenke, abantu bose bakinguye birakunda.”
Buriya butumwa bwabo bwanditse bwakomeje bugira buti: “Nubwo iwacu tubyutse amahoro, ariko turi ku motaringa ibyombo by’ihuriro ry’Ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo. Tukumva bari gucura imigambi yo kutugabaho ibitero.”
Ni ibitero ndetse abenshi baturiye Kalingi na Mikenke baraye bazi kobari bubigabweho mu rukerera rwo kuri iki cyumweru. Hari nyuma y’uko bari babwiwe ko ubatera yikisunyirije mu nkengero zutu duce.
Ibitero bikomeye byaherukaga mu ntangiriro z’iki cyumweru mu Rugezi, aho ingabo za Congo zabigabye ku mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, ariko iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya AFC, ibisubiza inyuma.
Ikindi gitero kidakanganye cyagabwe muri Bicumbi mu gitondo cy’aharejo ku wa gatandatu, na cyo Twirwaneho igisubiza inyuma.
Ibi bitero ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zibikora mu rwego rwo kugira ngo ruhunganye umutekano w’Abanyamulenge no kunyaga Inka zabo.