RDC: Diongo Anenga Raporo ya Loni, Ayishinja Kuba Intwaro yo Gukomeza Intambara Aho Gushaka Amahoro
Perezida w’ishyaka Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP), Frank Diongo, yanenze bikomeye raporo iherutse gushyirwa ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (Loni/UN) ku bijyanye n’umutekano n’ibikorwa by’ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), ayishinja kudaharanira amahoro ahubwo igamije gukomeza amakimbirane.
Mu butumwa yanyujije kuri konti ye ya X ku wa Gatatu, tariki ya 07/01/2026, uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yatangaje ko raporo ya Loni itagaragaza ukuri ku miterere nyakuri y’ikibazo cy’umutekano muri Congo, ahubwo ikoresheje imvugo ya dipolomasi igoreka ukuri ku nyungu zimwe na zimwe.
Frank Diongo yagize ati: “Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo ni isuzuma rishingiye ku kinyoma cya dipolomasi. Ibyaha bikorwa mu nzego zo hejuru bigirwa ibanga, abafatanyabikorwa bagakingirwa ikibaba, abajenosideri bagashyirwa kwibere, abacanshuro bagafatwa nk’ibisanzwe, ubutegetsi butemewe n’amategeko bukemezwa, naho ibiganiro bigahinduka urujijo. Iyi raporo ntigamije amahoro; igamije intambara.”
Uyu muyobozi wa MLP asanga iyi raporo igaragaza uburyarya mu muryango mpuzamahanga, aho gukemura imizi y’amakimbirane yo muri Congo, habaho kuyapfukirana binyuze mu nyandiko zitanga isura itari yo ku ruhande rumwe rw’amakimbirane.
Raporo y’Impuguke za Loni ivuga ko ihuriro rirwanya ubutegetsi rya AFC/M23 ryitwaye nk’ubuyobozi busimbuye Leta mu bice bimwe by’igihugu ryigaruriye, rishyiraho inzego z’ubuyobozi, ubutabera n’umutekano. Ibi ni byo Frank Diongo afata nk’igerageza ryo gusimbuza Leta yemewe n’amategeko ubuyobozi budafite ubuzimagatozi, binyuze mu guhabwa isura yemewe n’amahanga.
Iyo raporo kandi inenga Igisirikare cy’u Rwanda, ikanagaragaza impungenge z’abakora ibikorwa by’ubutabazi, imiryango itegamiye kuri Leta n’inzego z’ibanze, bavuga ko hari iryirukanwa ry’abasivili ndetse no kubuzwa gusubira ku butaka bwabo. Loni ivuga ko ibi bishobora gushyira abaturage mu byago bikomeye birimo inzara n’ubundi buzima bubi.
Ku ruhande rwa Frank Diongo, asanga ibi byose byerekana ko raporo ya Loni idashaka gukemura ikibazo cy’umutekano muri RDC mu buryo burambye, ahubwo igira uruhare mu gukomeza umwuka w’intambara no kudindiza inzira y’amahoro igihugu n’akarere byifuza.






