Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC: Ibyatangajwe na Lt.Gen Pacifique Masunzu ntibivugwa rumwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 7, 2025
in Regional Politics
0
RDC: Abayobozi bashya muri FARDC batangiye inshingano.
133
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Ibyatangajwe na Lt.Gen Pacifique Masunzu ntibivugwa rumwe.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Lieutenant General Pacifique Masunzu, umwe wo muri FARDC uheruka guhabwa umwanya ukomeye mungabo z’iki gihugu, aho yahawe kuyobora zone ya gatatu, ifite icyicaro gikuru i Kisangani mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu byagisirikare, Congo igabuyemo ama-zone atatu. Zone ya mbere ireba intara z’u Burengerazuba, iya kabiri ikagenzura intara zo hagati, icyicaro gikuru cyayo kiri i Lubumbashi, mu gihe zone ya gatatu igizwe n’intara z’u Burasirazuba, icyicaro cyayo kikaba kiri i Kisangani.

Zone ya gatatu Masunzu yahawe kuyobora iherereyemo Kivu y’Amajyaruguru, ahari intambara ikomeje kubica bigacika hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta.

Umusibo w’ejo hashize, nibwo Masunzu yakandagije ibirenge bye i Kisangani, amakuru akavuga ko yakiriwe n’abayobozi batandukanye bo muri FARDC.

Aho bivugwa ko yanatangiye iz’inshingano nyuma y’aho akoze ihererekanya bubasha n’uwo yasimbuye; ubwo umuhango wa remise warutangiye guhumuza, yaje kugeza ijambo kungabo, maze agira ati: “Ndabasaba kurangwa na discipline muri ibi bihe by’intambara, kuko umwanzi yamaze kugira uduce tumwe two muri zone nyoboye yigaruriye; bityo birasaba ko dushaka umuti.”
Yakomeje agira ati: “Umwanzi mvuga duhanganye ni u Rwanda ni ADF Nalu ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru, undi mwanzi nanone dufite ni Twirwaneho iherereye muri Kivu y’Amajy’epfo (Sud Kivu).”

Nyamara kandi Masunzu yanatangaje ko Twirwaneho ikorana byahafi n’umutwe wa M23. Umutwe umaze igihe warazengereje ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ndetse kandi Lt Gen Pacifique Masunzu yasoje avuga ko bitoroshye namba, guhashya abo banzi yavuze haruguru.

Ibyo benshi bibaza, niba koko Masunzu ari butsinde iyi ntambara!

Abavuga ko ashobora kuyitsinda bashingira kukuba azi neza ibice yahawe kuyobora, kuko akomoka muri Kivu y’Amajy’epfo, kandi ko avuka mu bwoko bw’Abanyamulenge ari nabo bagize Twirwaneho akaba kandi ari umututsi aribo ahanini bagize umutwe wa M23.

Abavuga ko ntacyo azahindura, nabo bashingira kukuba ari hahandi abasirikare azarwanisha ni barya n’ubundi M23 ihora ikubita inshuro umunsi ku wundi.

Tags: FardcM23Masunzu
Share53Tweet33Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Félix Tshisekedi yageze i Ccra.

Perezida Félix Tshisekedi yageze i Ccra.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?