RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC.
Abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, bagaragaje impungenge zikomeye nyuma y’aho u Rwanda rwikuye mu muryango w’ubukungu bw’afrika yo hagati (CEEAC).
Mu mpera zakiriya cyumweru gishize ni bwo u Rwanda rwivanye muri uyu muryango wa CEEAC, nyuma yuko rushinje RDC kurwitambika imbere. Ni mu gihe uru Rwanda arirwo rwari rugeze ku mwanya wo kuwuyobora, ariko ntibyakunda kumpamvu za Congo n’ibihugu byayishigikiye biri muri uyu muryango.
Nyuma, Kinshasa yahise igaragaza ko u Rwanda rwahunze inzira y’ibiganiro mu gihe cy’ibibazo, ndetse ko rutakurikije amasezerano by’umwihariko ku ngingo ya 34 y’amasezerano ya CEEAC, arebana no kwirinda ibikorwa by’ingabo mu bihugu bigize uyu muryango.
Ubu butegetsi bw’i Kinshasa bugashinja u Rwanda gushaka kugera kunyungu zarwo aho gukurikiza gahunda za komite ishinzwe amahoro. Ibi byaje nyuma yuko u Rwanda ruvuye mu muryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afrika yo hagati.
RDC kandi ivuga ko u Rwanda rutashigikiye umwanzuro wa Loni wa 2773 urimo gusaba ko ingabo zarwo ziva ku butaka bw’iki gihugu cya RDC.
Minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC yavuze ko ibikorwa by’u Rwanda ko binyuranyije n’ingingo ya 34 ivuga ko bigomba kwirinda gukoresha ingufu hagati y’ibihugu. Yongeraho ko kongera gutotezwa n’u Rwanda byatumye amasezerano adakurikiranwa, bityo akaba ataramba.
RDC yemeza ko ibirebana n’amahoro bidakwiye kwibagirana cyangwa ngo habe gutera ubwoba, ahubwo ngo hakaba uruhare mu gushimangira ubusugire bw’abantu na leta.
Uyu minisitiri yanashishikaje ibihugu by’akarere ndetse n’ashirahamwe mpuzamahanga gukora ibikorwa bifatika byo gusigasira umutekano kandi bikubahiriza amategeko n’inshingano bifite.