RDC yakaniye yabwiye AFC/M23 kuyiha abakomamdo iheruka kunguka bitaba ibyo ikiyambaza abategeka isi
Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yategetse ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 kuyiha abakomamdo iheruka kunguka barenga ibihumbi 7, mu gihe itabikoze ikayirega kuri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Byatanjwe n’umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, aho yavuze ko abasirikare AFC/M23 iheruka kwerekana nk’abayo ari abasirikare na bapolisi bafatiwe i Goma n’i Bukavu, bityo ko bari mu nfungwa z’intambara.
Yagize ati: “Umunye-Congo w’ukuri ukunda igihugu cye ntiyakwiyunga ku bicanyi n’abatera bwoba. Tuvugana umunsi ku wundi n’abaturage bacu bari mu bice byafashwe.”
Yakomeje avuga ko abasirikare bashya AFC/M23 iheruka gutangaza ko basoje imyitozo ya gisirikare, ari ababo, kandi ko bakwiye kurekurwa bagashyikirizwa Leta. Yanaboneyeho avuga ko mu gihe AFC/M23 itobabaha, icyo gihe baza yirega kuri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.
Ahagana ku cyumweru tariki ya 14/09/2025, ni bwo uyu mutwe wa AFC/M23 watangaje ko wungutse abasirikare barenga ibihumbi 7; hari nyuma y’amezi 6 bari bamaze batorezwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ahanini biganjemo abahoze mu ngabo za RDC, bemeye kwishyikiriza uyu mutwe ubwo wafataga Goma na Bukavu mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025. Kuko uwa Goma wafashwe tariki ya 27/01/2025, mu gihe uwa Bukavu wo wafashwe tariki ya 16/02/2025.