RDC Yatakambiye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Ishinja u Rwanda Ibirego Bikomeye
Guhera ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, ku Nama Nkuru y’Uburenganzira bwa Muntu i Genève, kugera ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (UA) i Addis-Abeba, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugaragaza impungenge zikomeye ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu. Ibi byiyongereye cyane cyane nyuma y’uko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rifashe umujyi wa Uvira uri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo nyuma y’imirwano ikaze, yasize ingabo za RDC, iz’u Burundi ndetse n’imitwe ya Wazalendo na FDLR bahunze. RDC ikaba ishinja u Rwanda kuba inyuma y’iri huriro rya AFC/M23.
Guverinoma ya Kinshasa ishimangira ko ibyo bikorwa bihungabanya ubusugire bw’ubutaka bwayo kandi bikanyuranya n’amahame shingiro agenga Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, arimo kutivanga mu by’umutekano w’ibindi bihugu no kutubaha ubusugire n’ubwigenge bw’ibihugu bigize uwo muryango. RDC isaba ko ayo mahame yashyirwa mu bikorwa nta kujenjeka, binyuze mu byemezo bifatika bigamije kugarura amahoro mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Ibi byongeye gushimangirwa ku wa Mbere tariki ya 29/12/2025, ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Madamu Thérèse Kayikwamba Wagner, yavugaga mu nama ya 1321 y’Abaminisitiri bagize Inama y’Amahoro n’Umutekano ya UA. Mu butumwa yatanze akoresheje ikoranabuhanga rya videwo, yasobanuye ko gushyigikira kwa Kigali ihuriro rya AFC/M23 bigamije guhindura inzego zemewe n’Itegeko Nshinga muri RDC, ibintu bifatwa nk’igikorwa cyo guhungabanya ubutegetsi bw’igihugu cyigenga.
Yagize ati: “Uretse ibikorwa bya gisirikare, RDC iragaragaza n’ikindi kibazo gikomeye cyane cy’inzego za Leta: inkunga zitandukanye u Rwanda ruha umutwe wa politiki n’igisirikare (AFC/M23), ufite intego yo guhirika inzego zashyizweho mu buryo bwemewe n’amategeko. Ibi binyuranyije n’Ingingo Shingiro z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’Itegeko Nshinga rya Afurika ku miyoborere ishingiye kuri demokarasi n’amatora. Ikindi kandi, gushyiraho ubuyobozi buhimbano mu bice byafashwe ku buryo bunyuranyije n’amategeko bikwiye kwamaganwa byimazeyo.”
Madamu Kayikwamba yibukije ko, nko mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wa 2025, RDC yari yaragejeje ibi birego no ku Kanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, igashinja u Rwanda kuyobora no gushyigikira ku mugaragaro ihuriro rya AFC/M23 mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Inama y’Amahoro n’Umutekano ya UA, ari nayo rwego ruhoraho rushinzwe gukumira no gukemura amakimbirane ku mugabane wa Afurika, yasabwe gufata ingamba zikomeye kandi ziburira. Muri zo harimo gufatira ibihano byihariye abayobozi bagize uruhare mu byaha bikomeye, gushimangira inzego z’iperereza n’uburyozwe, ndetse no kongera ubufasha mu kurinda abasivili.
Minisitiri Kayikwamba yagaragaje ko RDC yizera ihame ry’uko “ibibazo bya Afurika bikemurwa n’Abanyafurika,” ariko ashimangira ko iri hame ridakwiye gukoreshwa mu kwihanganira ihohoterwa rikabije ry’amategeko mpuzamahanga cyangwa mu kugabanya agaciro k’amahame agize umusingi wa UA. Yatanze urugero rw’icyemezo cyafashwe mu 2008, ubwo UA yamaganaga igitero cya Érythrée kuri Djibouti ikanategeka isubizwa ry’ingabo zacyo, agaragaza ko UA ifite ubushobozi bwo gufata imyanzuro ikomeye igihe ubusugire bw’igihugu bugizweho ingaruka.
Iyi nama yabereye mu gihe umutekano n’ubutabazi bikomeje kuzamba mu burasirazuba bwa RDC, aho imirwano ikaze ikomeje ku mirongo myinshi ihuza ingabo za Leta n’abarwanyi ba AFC/M23. Ije kandi mu bihe byihariye, nyuma y’ukwemera ku mugaragaro amasezerano ya Washington na Perezida Félix Tshisekedi na Paul Kagame, binyuze mu bufasha bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nubwo ayo masezerano yagaragaje intambwe ishimishije ku rwego rwa dipolomasi, ibiganiro bya Doha bihuza Kinshasa n’AFC/M23 bikomeje kudatera imbere, cyane cyane ku ngingo zijyanye n’imizi y’iyi ntambara, isubizwaho ry’ubuyobozi bwa Leta mu bice byafashwe n’imitwe yitwaje intwaro, ndetse n’isubizwa mu buzima busanzwe ry’abahoze ku rugamba.
Uku kudatera imbere kw’ibiganiro kwatumye imirwano yongera kubura, biganisha no ku gufatwa by’agateganyo k’Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Iki gikorwa cyamaganywe bikomeye n’amahanga, by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nubwo AFC/M23 yatangaje ko yavuye muri uwo mujyi mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’amahoro, Umuryango w’Abibumbye wongeye gusaba ko hakorwa isubizwa ryuzuye kandi rigenzurwa, ku ntera nibura ya kilometero 75 uvuye muri Uvira, kugira ngo umutekano w’abasivili ugarurwe by’ukuri.






