RDC:Abarimo n’abakozi b’Imana barashinjwa gushaka kwivugana perezida Tshisekedi.
Umutegetsi uri mubakomeye muri Leta ya perezida Felix Tshisekedi, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba Gombo, uhagarariye minisiteri y’ubwikorezi n’itumanaho, akaba na visi minisitiri w’intebe, yatangaje ko hari umugambi wo kwica umukuru w’iki gihugu, kandi ko urimo n’abakuru b’idini.
Minisitiri Bemba ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Top-Congo-Fm, avuga ko hari kintu kiri gutugegurwa cyo kwivugana perezida Tshisekedi, kandi ko abari kugitegura ari Joseph Kabila Kabange, Moïse Katumbi, ngo bagiteguraga n’abagize inama nkuru y’amatorero muri RDC izwi nka CENCO.
Uyu wahoze ari minisitiri w’ingabo za Congo, yagaragaje ko afite ibimenyetso byose.
Yagize ati: “Aya makuru nshobora kuyabahimiriza. Ndashinja Hyppolite Kanambe, ari we Joseph Kabila, Katumbi Moïse, ndetse na bamwe mu bayobozi bakuriye CENKO kuba barikugerageza gucura umugambi wo gukuraho ubutegetsi buriho no kwica perezida Felix Tshisekedi.”
Yakomeje avuga kandi ati: “Amashusho mwarayabonye ubwo Kabila yageraga i Goma, yabanje gusura ikigo cya gisirikare kiri i Rumangabo. Kabila yabaye umuryango wabo w’intambara kuva igihe bakuyeho perezida Mobutu. Ntibumva ko igihugu ko ari icyabanyekongo.”
Jean Pierre Bemba yongeyeho kandi ati: “DRC ntizaba ubukoloni, kandi abayituye ntibazaba imbata z’ubutegetsi bw’u Rwanda. Hyppolite Kanambe ni umukozi wasigaye muri RDC w’ubutegetsi bw’u Rwanda, ruyobowe na Kagame. Ubu nibwo butumwa bwe. Kandi kuba yaragarutse mu kibuga uyu munsi, ni ubukene nk’uko ko umugaba w’ikirenga we yabimubwiye.”
Yanaboneyeho gusobanura ko Kabila n’abagenzi be, cyane cyane Katumbi na CENCO, bakoresha abaturage ba RDC mu binyoma. Ngo kandi abo bakoresha ni abahoze ari baperezida b’inteko, abanyamabanga bakuru b’ishyaka rya PPRD, n’abahoze ari abayobozi ba za cabinets.
Hejuru y’ibyo, Bemba yasabye Abanye-Congo kuba maso, mu rwego rwo kugira ngo baburizemo umugambi w’umwanzi, yamagana CENCO, we abona ishyize imbere ibiganiro biganisha ku gukuraho ubutegetsi bw’iki gihugu no kwica perezida Felix Tshisekedi.
Hari aho Bemba yageze avuga ko ubwo yari minisitiri w’ingabo yamenye ko Katumbi yakoranye n’Abarusiya mu gushaka guhirika Tshisekedi ku butegetsi, ariko ngo biramunanira, bityo avuga ko uyu Katumbi ari gukora ibishoboka byose kugira ngo abe umukuru w’iki gihugu.