Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 7, 2025
in World News
0
Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.
85
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Rwa mbikanye hagati y’u Buhinde na Pakistan ivumbi riratumuka.

You might also like

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Igisirikare cy’u Buhinde cyarasanye bikomeye n’icya Pakistan, nyuma y’aho ibihugu byombi byari bigize iminsi bipfa agace ka Kshimir. Buri ruhande rwita aka gace akako.

Imirwano hagati y’igisirikare cy’u Buhinde n’icya Pakistan, bivugwa ko yabaye mu ijoro ryo ku wa kabiri rishyira kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2025.

Ni imirwano amakuru ava muri ibyo bice avuga ko yabereye mu duce twa Poonch na Tangdar duherereye mu karere ka Kashimir kari k’u ruhande rw’u Buhinde.

Iri rasana hagati y’impande zombi, ryaguyemo abantu 15 bo ku ruhande rw’u Buhinde, nk’uko amakuru akomeza abivuga.

Kimweho, Pakistan yatangaje ko abantu 26 bishwe n’ibitero by’indege byagabwe ku butaka bwayo, mbere yuko iri sana riba.

Pakistan kandi ikaba ishinja u Buhinde gucumbikira abarwanyi bagabye igitero mu karere ka Kashimir iyobowe n’u Buhinde, bityo iki gihugu kikavuga ko ibitero cyakoze biri mu rwego rwo kwihorera.

Mu gihe u Buhinde bwo buvuga ko bwagabye ibitero ahantu icyenda hari ibikorwa ivuga ko ari byabariya barwanyi, ariko ko nta gikorwa cya Pakistan cya gisirikare yarasheho mu rwego rwo kwirinda amakimbirane.

Pakistan ihakana ibirego byo gucumbikira abarwanyi ikavuga ko u Buhinde bwarashe ahantu hatandatu, ndetse igisirikare cya Pakistan kikaba cyahanuye indege 5 z’u Buhinde, ariko ntaruhande rwigenga rwemeje ayo makuru.

Bimwe mu bihugu bikomeye ku isi birimo n’u Bwongereza, u Bufaransa n’ibindi byasabye Pakistan n’u Buhinde guhagarika ubushamirane, naho u Burusiya bwatangaje ko buhangayikishijwe n’uwo mwuka w’intambara hagati ya Pakistan n’u Buhinde.

Ibitangazamamakuru byinshi, bivuga ko umubano w’impande zombi wabaye mubi cyane nyuma y’igitero cyo mu kwezi gushize aho abarwanyi bishe abantu 26 mu gace ka Pahalgam ko mu ntara ya Kashimir m’u Buhinde.

Tags: IntambaraKashimirPakistanU Buhinde
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w'u Burusiya yamutengushye. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w'u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na...

Read moreDetails

Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Intambara muri Ukraine yahinduye isura. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yijeje Ukraine kuyoherereza intwaro za Patriots bizayifasha mu buryo bukaze bwo gukumira ibitero by'u Burusiya....

Read moreDetails

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana.

Buhari wayoboye Nigeria yitabye Imana. MuhammaduBuhari wabaye umukuru w'igihugu cya Nigeria inshuro zibiri yitabye umuremyi we, nk'uko amakuru akomeje gutangazwa n'ibitangazamaku bitandukanye byaba ibyo mu gihugu imbere no...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze, mu kirekire cya Pakistan nta ndege zikigicamo..

Byakaze, mu kirekire cya Pakistan nta ndege zikigicamo..

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?