Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Rwanda: hatanzwe umucyo ku nsengero zigiye gusenywa nyuma yo kuzifunga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 27, 2024
in Regional Politics
0
Rwanda: hatanzwe umucyo ku nsengero zigiye gusenywa nyuma yo kuzifunga.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatanzwe umucyo ku nsengero zigiye gusenywa nyuma yo kuzifunga.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni bikubiye mu byatangajwe na minisitiri y’ubutegetsi bw’igihugu yatangaje ko mu igenzura ry’insengero rimaze iminsi rikorwa hari inyubako 336 zisengerwamo basanze zimaze zitakomeza gukorerwamo ibikorwa by’amasengesho zikaba zigomba gukurwaho.

Iri genzura ry’insengero ryakozwe mu gihugu, ryageze ku nzu zisengerwamo 14094, zikoreshwa n’amadini atandukanye n’insengero, risiga izirenga 9000 zifunzwe kubera kutuzuza ibisabwa.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Claude Musabyimana ubwo yari mu kiganiro imboni cya RBA yatangaje ko hari insengero zigera kuri 600 basanze zitagomba gufungurwa harimo n’izingomba gusenywa kuko zubatswe ahashyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.

Yagize ati: Ibi ntitubikora twihishye kuko tuba turi kumwe nabashinze izi nsengero. Kandi ubwabo baravuga ati umuti iyi nzu ni ukuyisenya.”

Yahamije ko mu gihe urusengero rw’ubatswe ahantu abantu badashobora gutura igomba gusenywa.

Ati: “ntabwo wambwira ngo ejo urongera uyivugurure wongere uhakorere, ntabwo bishoboka.”

Yanagaragaje ko hari nsengero zitazafungurwa kuko basanze ari iz’amadini yanditse ariko ba nyirayo bagendana ibyangombwa byayo mu mufuka, bagakodesha inzu yari isanzwe ikoreshwa mu kwakira inama, iduka n’ibindi bikorwa bigahindurwa insengero, mu gihe baba bahavuye zigakoreshwa ibindi.

Ati: “Ntabwo wavuga ngo mfite itorero ridafite ahantu rikorera, ibyangombwa mbigendana mu mufuka nkaza ngakodesha inzu ikorerwamo ibindi bintu.”

Minisitiri Musabyimana yasobanuye ko gufunga insengero bitavuze gufunga idini kuko rishobora kuba ari rimwe rifite inzu zisengerwamo nyinshi, bityo hashobora gufungwa imwe izindi zikomeje gukora.

Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, RGB ruherutse gutangaza ko mu mpera z’u mwaka ushize, rwahuye n’abahagarariye imiryango itari iya Leta ishingiye ku myemerere kuva ku rwego rw’Akarere, rubibutsa ko itegeko ryatangaga uburenganzira ryabahaga igihe cyo gukora ku nzego zo gukora ku bari badafite impamyabumenyi zisabwa ryarangiye mu kwezi kwa Cyenda umwaka w’ 2023.

Iryo tegeko ryateganyaga ko bashoboye kuzuza ibindi ariko byagera ku by’impamyabumenyi ritanga imyaka itanu kuko bari bakeneye umwanya wo kwiga n’ibindi kandi yarangiye mu kwezi kwa Cyenda umwaka ushize.

Mu kwezi kwa Gatanu 2024 kandi ngo urwego rw’igihugu rw’imiyoborere rwandikiye abayobozi b’amadini bose ibasaba impapuro zerekana ku bayayobora n’urwego rw’amashuri bafite ariko bose ntibashobora.

Ubutayu 110 bwafunzwe burundu.

Minisitiri Musabyimana yavuze ko mu gihe cyo kugenzura insengero hari n’ahandi hantu harenga 110 basanze abaturage basengera mu misozi, mu vumo, ku masumo y’amazi, mu myobo n’ahandi ndetse bamwe bakahakubitirwa n’inkuba.

Ati: “Murabizi ko hari Abanyarwanda benshi wabonaga basengera ahantu henshi, mu misozi ahantu hari amasumo y’amazi, mu buvumo, hari ibitare ari byo twitaga ubutayu, ni byinshi bidafite n’ikintu na kimwe cy’umutekano kihabera ukumva ngo inkuba yakubise abantu batanu, yabakubitiye mu biti wajya kureba ugasanga ni abantu bari bagiye gusengerayo ari ahantu hateye ikibazo.

Avuga ko bumvikanye ko aho hantu hafungwa kubera ko aho hantu nta mpamvu y’uko abantu bajya kuhakorera ibikorwa by’amasengesho kuko nta kintu gishobora kurinda abantu aho ngaho. Nta mazu ahari, ni ahantu abantu bahurira, ni mu myobo.

Ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022 byagaragaye ko nibura Abanyarwanda 390000 batagira idini, Abakristo Gatolika barenga miliyoni 5, bingana na 40%, ADEPR ifite 21%, Protestant 15%, Abadiventisti 12%, Abayisilamu 2%, na ho abakiri mu myemerere gakondo bari munsi ya 1%.

                 MCN.
Tags: InsengeroZigiye gusenywa mu Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe ibindi bishya mu rubanza rwabaregwa kugerageza gu kubita ku deta ubutegetsi bwa Kinshasa.

Hatangajwe ibindi bishya mu rubanza rwabaregwa kugerageza gu kubita ku deta ubutegetsi bwa Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?